APR na Rayon Sports zigiye kongera gucakiranira mu irushanwa ryo guhatanira igikombe cy’Intwari
Yanditswe: Wednesday 14, Jan 2026
Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda, (FERWAFA), ryatangaje ko ryamaze gutumira amakipe ane azakina irushanwa ry’Intwari ry’umwaka wa 2026, rizitabirwa n’amakipe yasoje mu myanya ine ya mbere ku rutonde rwa Shampiyona y’umwaka ushize w’imikino wa 2024/25.
Iri rushanwa ry’Ubutwari ryateguwe n’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Intwari z’Igihugu,Imidali n’Impeta by’Ishimwe (CHENO) ifatanyije na FERWAFA, rikaba rizatangira gukinwa guhera tariki ya 28 Mutarama kugeza ku ya 1 Gashyantare 2026.
Mu mwaka ushize FERWAFA yari yarafashe umwanzuro ko iki gikombe kizajya gukinwa n’amakipe 4 ya mbere hakurikijwe uko imikino ibanza ya Shampiyona yarangiye, ariko kuri iyi nshuro si uko byagenze kuko hafashwe amakipe yabaye ane ya mbere muri shampiyona y’umwaka ushize.
Ayo makipe ni APR FC yabaye iya mbere, Rayon Sports yabaye iya kabiri, AS Kigali yabaye iya gatatu na Police FC yasoreje ku mwanya wa kane.
Mu bagore iri rushanwa rizakinwa na Rayon Sports WFC n’Indahangarwa WFC.
Irushanwa nk’iri umwaka ushize ,APR FC ni yo yaryegukanye itsinze Police FC penaliti 4-2 nyuma yo kunganya ubusa ku busa mu minota 120 ku mukino wa nyuma.
Ni mu gihe mu bagore, Rayon Sports WFC ari yo yaryegukanye itsinze Indahangarwa WFC penaliti 5-3 nyuma yo kunganya ubusa ku busa mu minota 120.


Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *