Benshi bakomeje kwinubira gucikagurika kw’amashanyarazi hirya no hino mu gihugu
Yanditswe: Monday 09, Feb 2026
Abanyarwanda benshi mu itangazamakuru no ku mbuga nkoranyambaga bakomeje kugaragaza ko batishimiye ibura ry’amashanyarazi rikomeje kuboneka mu bice bitandukanye by’igihugu.
Birimo kuba mu gihe ikigo cya leta gishinzwe ingufu (REG) cyatangaje ko kuva uyu munsi kugeza mu cyumweru gitaha hateganyijwe ibura ry’umuriro mu bice bimwe by’uturere turenga 10 mu gihugu.
Uko kubura kw’amashanyarazi kuzajya kugeza ku masaha atatu hagati mu munsi. REG ivuga ko izaba irimo “kwagura no gusana imiyoboro y’amashanyarazi hirya no hino mu turere”.
Kuva mu mpera z’umwaka ushize mu gihugu hatangiye kugaragara gucikagurika kw’amashanyarazi mu bice bitandukanye.
Kenshi REG yasobanuraga ko ari ibibazo tekinike.
Mu ijoro ryo ku cyumweru, ibice bimwe mu gihugu byabuze amashanyarazi, maze REG yandika ku rubuga X iti: “Tugize ikibazo tekiniki gitumye uduce tumwe tubura umuriro. Turimo gukora ibishoboka byose ngo ugaruke vuba.”
Mu ntangiriro z’ukwezi gushize, ku rubuga X, Jean de Dieu Uwihanganye umunyamabanga wa leta muri Mininiteri y’ibikorwaremezo yavuze ko iyi minisiteri yiseguye ku banyarwanda “kubera ibura ry’umuriro w’amanyashanyarazi rinini ryabaye mu gihugu no mu minsi ishize”.
Icyo gihe, Uwihanganye yavuze ko ari ibibazo “biterwa n’imiyoboro dufatanya n’ibindi bihugu” yongeyeho ati: “Tubijeje kuzabikemura vuba kandi tuzabimenyesha abanyarwanda.”
Ubu ingo zigera kuri 85% mu gihugu zifite amashanyarazi zivuye kuri 64% mu myaka itanu ishize, nk’uko imibare ya leta ibigaragaza.
Leta ivuga kandi ko u Rwanda ubu rutunganya megawatt 467 z’umuriro zivuye kuri 238 mu 2020 kandi ko ruteganya kugeza kuri 1,066 MW mu 2034 biciye mu kongera ubushobozi bw’ingomero zitanga umuriro, ingufu ziva ku zuba, n’amashanyarazi ava ku ngufu za nikleyeri.
Gusa muri aya mezi ashize gucikagurika kw’amashanyarazi kwakomeje guhangayikisha benshi, cyane cyane abacuruzi bato bato bacuruza ibintu bisaba kubikwa hifashishijwe amashanyarazi.

Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *