Bishop Niyomutakirwa warongoye umukobwa w’ imyaka 54 Imana yamukoreye igitangaza
Yanditswe: Wednesday 27, Jun 2018
Umurango wa Bishop Frederic Niyomutakirwa w’ imyaka 26 wasezeranye kubana akaramata na Mukundente Felicité wari ufite imyaka 54 y’amavuko, bari mu byishimo batewe no kwibaruka umwana wabo w’imfura nk’ uko byatangajwe na UKwezi
Muri siyanse bavuga ko umugore acura afite imyaka 45 bivuze ko uyu Mukundente ibyamubayeho ari igitangaza cy’ Imana.
Tariki 23 Kamena 2016 nibwo Bishop Frederic Niyomutakirwa n’umugore we Mukundente Felicité basezeranye imbere y’amategeko, hanyuma bucyeye bwaho tariki 24 Kamena 2016 bakora indi mihango y’ubukwe bwabo.
Basezeraniye mu Rusengero rwo ku Musozi w’Ibyiringiro rugerereye ku Kimisagara mu Mujyi wa Kigali.
Ubukwe bwabo bwahuruje imbaga, buvugwa cyane mu bitangazamakuru ndetse n’abantu batandukanye babumenye wasangaga babutangarira.
Mukundente yavuze ku gushyingiranwa na Bishop Niyomutakirwa. Ati “Ndabyemeye kandi ngiye mbishaka.”
Ibitekerezo
ko batatwereka uruhinja naho rwavukiye ngo batumare amatsiko