Hashize igihe kirenga ibyumweru bibiri bimenyekanye ko Dr. Semwaga Emmanuel wavuriraga indwara z’abagore mu bitaro byigenga bihereye mu Mujyi wa Kigali afunzwe, akurikiranyweho ibyaha bifitanye isano no gufasha imiryango yabuze urubyaro.
Inkuru dukesha Igihe ivuga ko dosiye ya Dr. Semwaga ishamikiye ku kigo cyigenga cyashinzwe n’uwitwa Nsabimana Frederick, cyahuzaga ababuze urubyaro bifuza gutwitirwa n’abemera kubatwitira.
Nsabimana yari afite inyubako yacumbikiragamo abemeye gutwitira abandi, nyuma yo guterwa insoro, bakahaguma kugeza babyaye.
Iyi nyubako yacumbikiwemo abakobwa barindwi bari bemeye gutwitira Abanyarwanda barimo uba muri Amerika, Tanzania na Uganda. Bivugwa ko Nsabimana yari yarijeje buri mukobwa miliyoni 5 Frw, ariko ko bazahabwa miliyoni 1 Frw ya ‘avance’.
Amakuru yizewe avuga ko muri miliyoni 1 Frw, Nsabimana yabwiye aba bakobwa ko hazavamo 500.000 Frw ya komisiyo’, na yo akazavamo 100.000 Frw yo guha umugore we, Mukahigiro Gerardine, kugira ngo ajye ayifashisha mu kubitaho aho bacumbikiwe.
Muri aba bakobwa, bivugwa ko hari abahamaze amezi umunani muri iyi nyubako, kandi ngo ntibafashwe neza nk’uko bari barabiseranyijwe kuko bicishijwe inzara, bahabwa amafaranga make, nyamara abasabye gutwitirwa bo barishyuye.
Nsabimana yaje kuregwa ko ibikorwa bye byari bigamije gucuruza abantu no gufatirana abantu mu ntege nke zirimo ubukene, aho kuba ubugiraneza bugamije gufasha ababuze urubyaro.
Aya makuru avuga ko byageze aho aba bakobwa bibutsa Nsabimana ko hari ibyo atabakorera kandi yari yarabibasezeranyije, ngo abasubiza abatera ubwoba ko ashobora kubica ‘atabakozeho’ mu gihe bakomeza kuvuga. Aha ni ho hakomotse icyaha cyo gukoresha ibikangisho ashinjwa.
Umugore we ashinjwa gukangisha aba bakobwa ko bashobora gupfa ubwo bamubwiraga ko atari kubitaho nk’uko babyijejwe, bakavuga ko yigeze kubabwira ko gupfa kwabo ntacyo bimutwaye kuko n’itungo rye ryapfuye ubuzima bugakomeza.
Amakuru avuga ko aba bakobwa batererwaga inshinge mu rugo rwa Nsabimana, bagahabwa n’indi miti. We yasobanuye ko hari ivuriro ryamwohererezaga umuganga w’inzobere, “akabaha imiti”.
Abo mu nzego z’ibanze ngo babajijwe niba bari bazi ko mu rugo rwa Nsabimana hacumbikiwe abantu batwitira abandi kandi ko bari bafashwe nabi, basubiza ko ntabyo bazi. Aho ni ho hajemo icyaha cyo gufata no gufunga binyuranyije n’amategeko.
Aya makuru avuga ko aba bakobwa babonye inzara ibamereye nabi, batanga ikirego mu buyobozi, babumenyesha uko babayeho. Tariki 29 Mata 2026, abo mu nzego za Leta bahageze, basanga batanu muri bo baratwite, babiri bategereje gushyirwamo insoro.
SRC: Igihe
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *