Didas Gasana wahoze yandikira "UMUSESO" agiye guhatana mu matora ya Perezida muri 2024
Yanditswe: Thursday 24, Feb 2022

Uwahoze ari umwanditsi ukomeye w’ikinyamakuru Umuseso, kuri ubu arifuza guhatanira umwanya w’umukuru w’igihugu nkuko yabigaragaje mu matora ateganyijwe muri 2024.
Kuri uyu wa 23 Gashyantare 2022, nibwo Didas Gasana wamenyekanye cyane nk’umwanditsi mukuru w’ikinyamakuru UMUSESO, kuri ubu ubarizwa mu batavuga rumwe n’ubutegetsi bw’u Rwanda. yamaze gutangaza ko ari umwe mu bazahatanira umwanya w’umukuru w’igihugu mu matora ateganyijwe muri 2024.
Mu nkuru ya The Chronicles ku rubuga rwabo rwa twitter batangaza ko, Didas Gasana yamaze kwemeza kuzaba umwe mu bifuza guhatana mu matora y’umukuru w’igihugu muri 2024, ndetse akaba abaye uwa kane wifuza kuzahatana muri ayo matora.
Ati " Njye, Didas Gasana, ndatangaza ko nzahatana ku mwanya wa Perezida mu matora yo mu Rwanda 2024."
I, Didas Gasana, hereby declare that i will be a presidential contender in 2024 Rwanda elections.
DidasGasana2024.
— Didas Gasana (@DidasGasana) February 24, 2022
Didas Gasana yamaze kwemeza ko yifuza Guhatana mu matora y’umukuru w’igihugu 2024
Perezida Kagame ni umwe mu bakandida bahabwa amahirwe yo Gukomeza kuyobora u Rwanda
Ibitekerezo
Ariko se buriya Gsn yagwagahe yaje angahana mumatora yewe rwanda wararushye nuyu koko.