skol
fortebet

Huye: Uwasambanyije Umwana yavuze ko yabitewe n’amadayimoni na Primus 2

Yanditswe: Wednesday 11, May 2022

featured-image

Sponsored Ad

Umugabo w’imyaka 55 y’amavuko wo mu Karere ka Huye ukurikiranyweho gusambanya umwana w’umukobwa w’imyaka irindwi y’amavuko, yemera iki cyaha, akavuga ko yabitewe n’amadayimoni ndetse na Primus 2 yari amaze kunywa.

Sponsored Ad

Umugabo ukurikiranyweho icyaha cyo gusambanya Umwana cyabereye mu Mudugudu wa Bambiro, Akagari ka Gisakura,Umurenge wa Simbi mu Karere ka Huye.

Ubushinjacyaha bw’u Rwanda, buvuga ko uyu mugabo ukurikiranyweho n’Ubushinjacyaha ku rwego Rwisumbuye rwa Huye, yakoze iki cyaha akekwaho ku manywa y’ihangu saa yine z’amanywa tariki 28 Mata 2022.

Mu nkuru dukesha RadioTv10 umwana w’imyaka irindwi (7) ukekwaho gusambanywa n’uyu mugabo, yavuze ko yamusambanyirije mu nzu yarimo imbago iherereye muri aka gace.

Uyu mugabo yiyemerera ko yasambanyije uyu mwana ariko akavuga ko yabitewe n’amadayimoni yari yamuhanzeho ndetse n’ubusinzi bw’amacupa abiri ya Primus yari yanyoye.

Uyu mugabo w’imyaka 55 ukekwaho gusambanya umwana yakabereye umwuzukuru, yemera kandi ko yamusambanyije nyuma yo kumukura mu bandi bana aho bariho bakina.

Biravugwa ko Uyu mugabo ukurikiranyweho gusambanya umwana w’imyaka irindwi, yari yaranahamijwe icyaha cya Jenoside, akatirwa igifungo cy’imyaka icyenda (9).

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa