skol
fortebet

Ibyemewe n’ibitemewe ku itegeko ryo gutwitira undi byatumye Dr. Semwaga Emmanuel atabwa muri yombi

author-image

Yanditswe na: Emmy
Kuwa: Friday 29, May 2026

Ibyemewe n'ibitemewe ku itegeko ryo gutwitira undi byatumye Dr. Semwaga Emmanuel atabwa muri yombi

Sponsored Ad

skol

Dr. Semwaga amaze imyaka umunani afasha ababuze urubyaro. Akurikiranyweho ibyaha birimo guhimba inyandiko, guhindura inyandiko no gukoresha inyandiko mpimbano, kutamenyekanisha icyaha cy’ubugome no kuba icyitso ku cyaha cy’icuruzwa ry’abantu.

Nsabimana na Dr. Semwaga bemera ko bari baziranye kuko uyu muganga yigeze gufasha umuvandimwe wa Nsabimana kubyara, bikaba byari byoroshye ko bakorana muri gahunda y’aba bakobwa barindwi.

Ubushinjacyaha bwashinje Dr. Semwaga kwemera gutera insoro mu nda z’aba bakobwa nyamara abashakaga gutwitirwa badahari, ibyo bikaba binyuranyije n’ibiteganywa n’itegeko rigenga serivisi z’ubuvuzi.

Nsabimana we yasobanuye ko mu masezerano agenga guterwa urusoro, yahagarariye abashakaga gutwitirwa, kandi ko banabimuhereye uburenganzira, kuko bitari gushoboka ko bava mu mahanga ngo bakurikirane ibyo bikorwa kugeza birangiye.

Nubwo bivugwa ko yagiye yakira amafaranga mu bihe bitandukanye nk’ikiguzi, nk’aho yakiriye miliyoni 3 Frw za ‘avance’ yahawe muri Gashyantare 2026, we yavuze ko inyungu zonyine yabonaga ari uko buri mukobwa abarirwa ibihumbi 50 Frw by’ubukode buri kwezi kandi bari bacumbikiwe mu nyubako ye.

Dr. Semwaga bivugwa ko yemeye gutera insoro aba bakobwa binyuze kuri Nsabimana kubera ko abashakaga ababatwitira baba mu mahanga.

Ibyemewe n’ibitemewe?

Tariki ya 18 Nzeri 2025, mu Rwanda hasohotse itegeko rigenga serivisi z’ubuvuzi rikubiyemo ingingo zikomeye zirimo iyo gutwitira undi hakoreshejwe uburyo bw’ikoranabuhanga.

Iri tegeko rivuga ko uwemerewe gutwitira undi agomba kuba atari munsi y’imyaka 21 ariko atarengeje 40, akaba agomba kuba yarakorewe isuzuma ryuzuye ry’indwara n’ibijyanye n’imyororokere rigaragaza ko nta kibazo cy’ubuzima afite.

Ushaka gutanga intanga ariko afite imyaka 18 kugeza kuri 20, abyemererwa iyo yatanze impamvu zumvikana mu nyandiko yandikira Minisitiri w’Ubuzima.

Iri tegeko riteganya ko usaba gutwitirwa yemeranywa n’uzamutwitira, bakagirana amasezerano yanditse imbere ya Noteri mbere y’uko ubuvuzi butangira.

Usaba gutwitirwa asabwa kuba yarahawe icyemezo n’umuganga w’inzobere ko adashobora gutwita cyangwa kubyara, cyangwa ko gutwita byashyira ubuzima bwe cyangwa ubw’umwana mu kaga.

Iri tegeko rihana umuganga ushyira mu myanya myibarukiro y’umugore intanga cyangwa urusoro by’umuntu utagejeje cyangwa urengeje imyaka isabwa, ushyiramo izitari iz’umuntu n’uzitumiza cyangwa uzohereza mu mahanga.

Rihana kandi umuntu ushyira intanga cyangwa urusoro mu myanya myibarukiro y’umugore hatagaragara umwirondoro wuzuye w’uwabitanze n’uhuza intanga z’abantu bafitanye isano ishingiye ku buvandimwe.

Iri tegeko rihana umuntu utanga serivisi z’ubuvuzi zifasha kororoka hifashishijwe ikoranabuhanga mu buvuzi hagamijwe guhindura utunyangingo tw’umuntu n’uzitanga hagamijwe guhitamo igitsina cy’umwana uzavuka.

Ibihano biteganywa n’iri tegeko bijyana n’uburemere bw’ibyaha. Igito ni igifungo cy’amezi atandatu no gutanga ihazabu ya miliyoni 2 Frw, ikinini kikaba igifungo cy’imyaka 25 no gutanga ihazabu ya miliyoni 50 Frw, bikajyana no guhagarikirwa muri ako kazi mu bihe bitandukanye.

SRC: Igihe

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Muri bande?



Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa