Mu karere ka Kirehe Murenge wa Kigarama, abantu 15 bajyanwe kwa muganga igitaraganya, bikekwa ko baba baranyweye umutobe uhumanye.
Inkuru dukesha ikinyamakuru IGIHE, avuga ko amakuru y’aba baturage bajyanywe kwa muganga, bayahamirijwe n’umunyamabanga nshingwabikorwa wa w’Umurenge wa Kigarama, Nsengimana Janvier, aho yavuze ko, mu bantu 15 bajyanywe mu bitaro barimo bane barwariye ku bitaro bya Kirehe n’abandi 11 barwariye ku Kigo Nderabuzima cya Kigarama.
Yagize ati: “Hari umuturage usanzwe ari umurokore yenze umutobe awushyira mu rugo abo mu muryago we banywaho haza n’abaturanyi banywaho bwagiye gucya ejo abantu 11 bamaze kuremba bajyanwa kwa muganga nyuma n’abandi bagenda bajyanwayo baza kugera kuri 15 barimo bane bari kuvurirwa ku bitaro n’abandi 11 bari ku kigo nderabuzima.”
Gitifu Nsengimana yakomeje avuga ko hagikorwa iperereza kugira ngo hamenyekane icyaba cyateye guhumana k’uwo mutobe kuko uwawenze avuga ko yakoresheje ibitoki byo mu rutoki rwe. Uyu muyobozi akaba yasabye abaturage kwirinda kunywa ibintu batazi inkomoko yabyo.

Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *