Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rwemeje ko iperereza ry’ibanze ryasanzwe Nsanzimana Augustin na Niyonshuti Emmanuel bakoreraga shene ya YouTube yitwa ‘Imbarutso ya demokarasi’ baherutse gutabwa muri yombi atari abanyamakuru.
Ibi Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, yabigarutseho mu kiganiro yagiranye na’ikinyamakuru IGIHE, ubwo yari abajijwe aho iyi dosiye igeze.
Yagize ati “Dosiye yabo yamaze gushyikirizwa Ubushinjacyaha ku wa 6 Gicurasi 2026, icyakora iperereza ry’ibanze ryagaragaje ko atari abanyamakuru ari abantu basanzwe bakoresha imbuga nkoranyambaga zirimo na YouTube, ari na yo bifashishaga batangaza amakuru y’ibihuha ashobora guteza ubwoba muri rubanda.”
Aba basore batawe muri yombi ku wa 1 Gicurasi 2026 bakurikiranyweho ibyaha birimo icyo gutangaza amakuru y’ibihuha ashobora guteza ubwoba, imvururu, cyangwa imidugararo muri rubanda, binyujijwe kuri mudasobwa cyangwa urusobe rwa mudasobwa ni icyaha gihanwa n’amategeko.
Iki cyaha gihanwa n’Itegeko nimero 60/2018 ryo ku wa 22 Kanama 2018 ryerekeye gukumira no guhana ibyaha bikoreshejwe ikoranabuhanga.
Umuntu uhamijwe n’Urukiko iki cyaha ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka itatu ariko kitarenze imyaka itanu, n’ihazabu itari munsi ya miliyoni 1Frw ariko itarenze miliyoni 3Frw.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *