skol

RURA yahannye Canalbox, itegekwa guha indishyi abakiliya bagizweho ingaruka

Yanditswe: Monday 27, Apr 2026

featured-image

Urwego Ngenzuramikorere, RURA, rwatangaje ko rwafatiye GVA Rwanda Ltd (Canalbox) ibihano birimo kwishyura ihazabu ya buri munsi kugeza igihe yubahirije amabwiriza yose no guha indishyi abakiliya bose bagizweho ingaruka na serivisi mbi iki kigo cyatanze mu gihe cy’iminsi irindwi.

Abakoresha internet ya Canalbox bamaze iminsi bagaragaza ko igenda nabi cyangwa hamwe bakayibura ndetse ku wa 21 Mata 2026, RURA yahamagaje iki kigo ngo gitange ibisobanuro n’ingamba zihuse kuri serivisi mbi cyavugwagaho.

Itangazo RURA yashyize hanze ku wa 27 Mata 2026 yavuze ko yafatiye ibihano GVA Rwanda Ltd (Canalbox) kubera ko ikomeje kudakurikiza amabwiriza.

Riti “Iyi sosiyete isabwa guha indishyi abakiliya bose bagizweho ingaruka hagati ya tariki ya 13–20 Mata 2026, kwishyura amande ya buri munsi kugeza igihe yubahirije amabwiriza yose, no gutanga raporo z’aho igeze mu ishyirwa mu bikorwa mu gihe cyagenwe.”

RURA yasobanuye ko GVA yijeje ko izubahiriza ibisabwa.

Iti “RURA izakomeza gukurikiranira hafi kugira ngo harebwe ko serivisi zisubira ku murongo neza. Amabwiriza natubahirizwa hazafatwa izindi ngamba ziteganywa n’amategeko.”

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa