skol
fortebet

Rutsiro: Umusore w’imyaka 29 arakekwaho gusambanya umwana w’imyaka ine

author-image

Yanditswe na: Angeline MUKANGENZI
Kuwa: Saturday 07, Feb 2026

Rutsiro: Umusore w'imyaka 29 arakekwaho gusambanya umwana w'imyaka ine

Sponsored Ad

skol

Umusore w’imyaka 29 wo mu Murenge wa Gihango mu Karere ka Rutsiro, yatawe muri yombi akekwaho gusambanya umwana w’imyaka ine.

Mu gitondo cyo ku wa 6 Gashyantare 2026, nibwo uyu musore ukekwaho gusambanya umwana w’imyaka 4 yafatiwe mu Kagari ka Teba mu Murenge wa Gihango,

Amakuru avuga ko iki cyaha akekwaho yagikoze ku wa 5 Gashyantare 2026.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gihango, Rutayisire Munyambaraga Deogratias, yrmeje iby’aya makuru.

Ati “Ni byo. Uyu musore w’imyaka 29 yafashwe akekwaho gusambanya umwana w’imyaka ine. Umwana yahise ajyanwa ku Bitaro bya Murunda kugira ngo yitabweho n’abaganga.”

Yakomeje avuga ko amakuru akimara kuyamenya ku munsi ukurikira yahise akorana n’Umukuru w’Umudugudu byabereyemo, kugira ngo bafate ukekwa ataratoroka, aboneraho gusaba abaturage kwirinda ibyaha, kubera ko iyo ubihamijwe n’urukiko ubiryozwa n’amategeko.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburengerazuba, SP Sylvestre Twajamahoro, we yavuze ko uyu musore agifatwa yahise ashyikirizwa Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB. Ubu fungiye kuri Sitasiyo ya RIB ya Gihango.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Muri bande?



Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa