skol
fortebet

Umuhanda Muhanga-Ngororero-Mukamira ntukiri nyabagendwa

Yanditswe: Monday 14, Feb 2022

featured-image

Sponsored Ad

Polisi y’Igihugu yasabye abakoresha umuhanda Muhanga-Ngororero-Mukamira guhindura inzira, bagakoresha Kigali-Musanze-Rubavu kuko uwo bakoreshaga wangijwe n’inkangu yaturutse ku mvura nyinshi imaze iminsi igwa.

Sponsored Ad

Uyu muhanda Polisi yaburiye abawukoreshaga bifashishije ibinyabiziga, wangirikiye mu Karere ka Ngororero mu Murenge wa Gatumba mu Kagari ka Cyome mu Mudugudu wa Birambo.

Aho hantu amazi y’imvura n’ibyondo bituruka mu misozi byiroshye mu muhanda birawufunga.

Mu itangazo ryanyujijwe ku rukuta rwa Twitter ya Polisi y’u Rwanda muri iki gitondo, ryaburiraga abasanzwe bakoresha uyu muhanda kwifashisha uwa Kigali-Musanze-Rubavu.

Rigira riti" Turifuza kumenyesha rubanda ko bitewe n’imvura ikabije, inkangu yatumye umuhanda Muhanga-Ngororero-Mukamira utaba nyabagendwa. Turabagira inama yo gukoresha umuhanda Kigali-Musanze-Rubavu. Murakoze."

Meteo Rwanda iheruka gutangariza Abanyarwanda ko muri uku kwezi kwa Gashyantare hateganyijwe imvura nyinshi mu bice by’igihugu cyane mu Burengerazuba no mu Majyaruguru basabwa gufata ingamba zizabafasha guhangana n’ibyo bihe.

Uyu muhanda ntukiri Gukoreshwa nkuko byemejwe na Polisi kubera imvura nyinshi

IGIHE

Ibitekerezo

  • Nibashyiremo ingufu kuko abatuye Ku Cyome bakeneye kujya RUBAVU cyangwa MUHANGA nibabatabare bave mu bwigunge.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa