Umunyarwanda n’Umurundi batawe muri yombi bazira gutunga intwaro
Yanditswe: Wednesday 13, Nov 2024
Polisi ya Malawi yataye muri yombi impunzi ebyiri zirimo iy’Umunyarwanda ndetse n’Umurundi ikurikiranyeho gutunga intwaro mu buryo bunyuranyije n’amategeko.
Izi mpunzi zombi zafashwe nyuma y’isaka ritunguranye ryabaye mu nkambi ya Dzaleka zabagamo ku Cyumweru gishize.
Amakuru avuga ko nyuma y’iri saka abatawe muri yombi bafatanwe imbunda ebyiri.
Kuri ubu uwo Munyarwanda n’Umurundi bafungiye muri kasho y’inkambi, mbere yo kugezwa imbere y’ubutabera.
Kuri ubu urujijo n’ubwoba ni byose ku mpunzi zo mu nkambi ya Dzaleka zibaza aho ziriya mbunda zaturutse ndetse n’icyo abazifatanwe bashakaga kuzimaza.
Icyakora impunzi zihuza abatawe muri yombi n’urugomo rumaze igihe ruvugwa muri iriya nkambi.
Inkambi ya Dzaleka irabarurwamo impunzi zirenga 50,000 zikomoka mu bihugu bya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, u Rwanda, u Burundi, Somalia, Sudani na Ethiopia.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku mpunzi (HCR) rivuga ko Abarundi bayibarizwamo bonyine barenga 10,000.

Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *