Uwabasinga Cedric wamanyekanye nka Cedru mu bijyanye no gutunganya amashusho y’indirimbo z’abahanzi bakomeye mu myaka yo hambere, yambitse impeta inkumi yitwa Ella biyemeje kurushinga.
Ella wambitse impeta na Cedru yigeze kuvugwa mu imyidagaduro y’u Rwanda mu 2022, ubwo yakoraga ibiganiro by’uruhererekane byagarukaga ku rukundo rwa Meddy na Mimi.
Ibi biganiro birimo n’ibyo yigiraniye na Meddy byatumye ahangwa amaso n’abakurikirana imyidagaduro kuko basaga n’ababonye uzajya abaha inkuru z’ibyamamare byo muri Diaspora.
Icyo gihe amakuru yandi yavugwaga ni uko uyu mukobwa yaba yari ari mu rukundo na Lick Lick nubwo yaba we cyangwa uyu mugabo nta n’umwe wigeze ashaka kugira icyo ayavugaho, ibyatumye bitaratinze mu itangazamakuru.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *