skol
fortebet

Yugi yatawe muri yombi nyuma y’uko Shadyboo amushinjye kumusambanya kugahato

author-image

Yanditswe na: Emmy
Kuwa: Tuesday 23, Jun 2026

Yugi yatawe muri yombi nyuma y'uko Shadyboo amushinjye kumusambanya kugahato

Sponsored Ad

skol

Umuhanzi akaba n’umucuranzi, Iradukunda Aimable wamenyekanye nka Yugi Umukaraza yatawe muri yombi, aho akurikiranyweho gusambanya ku gahato umunyamideli Mbabazi Shadia wamenyekanye nka Shaddyboo.

Ibi Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), Dr. Murangira B. Thierry yabitangarije InyaRwanda, kuri uyu wa Kabiri tariki 23 Kamena 2026.

Yavuze ati “Nibyo Iradukunda Aimable uzwi nka Yugi Umukaraza akurikiranywe afunze mu gihe iperereza rikomeje. Afungiye kuri station ya RIB ya Kimironko."

Ku wa Mbere tariki ya 22 Kamena 2026, Shaddyboo akoresheje konti ye ya Instagram yatangaje ko yasambanyijwe n’uyu muhanzi mu ijoro ryo ku Cyumweru tariki ya 21 Kamena 2026.

Mu butumwa yashyize hanze, Shaddyboo yavuze ko Yugi Umukaraza yari yamusuye iwe, bakanasangira icyo kunywa cyari kigizwe n’amacupa abiri y’inzoga yari yitwaje. Yakomeje avuga ko nyuma yaho yamusambanyije ku gahato, ndetse ko icyo gihe yari no mu minsi y’umugore.

Yavuze kandi ko yagerageje kuvugana na Yugi Umukaraza kugira ngo baganire ku byabaye, ariko ngo ntiyabasha kubona ubufasha bwe kuko yahise aca intege ibiganiro byabo.

Shaddyboo yavuze ko icyatumye ashyira aya makuru hanze ari ugutanga ubutumwa bwo gushishikariza abandi bahura n’ihohoterwa kudaceceka no gutinyuka kuvuga ibibabayeho.

Mu kiganiro yagiranye na InyaRwanda, Umuvugizi wa RIB, Dr. Murangira B. Thierry, yemeje ko uru rwego rwakiriye iki kirego ndetse ko iperereza ryahise ritangira.

Yagize ati: “Yego. Ejo (Ku wa Mbere tariki ya 22 Kamena 2026) RIB yakiriye ikirego cya Mbabazi uzwi nka Shaddyboo, iperereza ryatangiye, yakiriwe mu Isange One Stop Center, ngo afashwe mu buryo bw’ubuvuzi n’ubugenzacyaha.”

Dr. Murangira yanibukije abakoresha imbuga nkoranyambaga kwirinda guca imanza cyangwa gutanga imyanzuro ku rubanza rugikorerwa iperereza. Ati: “Abakoresha imbuga nkoranyambaga birinde guca imanza cyangwa amagambo ashinja uwo ari we wese (haba uwareze cyangwa uwarezwe).”

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Muri bande?



Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa