skol

Gatabazi Jean Marie Vianney yongeye guhabwa inshingano

Yanditswe: Thursday 17, Jul 2025

featured-image

Gatabazi Jean Marie Vianney wigeze kuba Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu yongeye kugirirwa icyizere.

Mu nama y’Abaminisitiri yateranye ku wa 16 Nyakanga iyobowe na Perezida Paul Kagame, Gatabazi yahawe inshingano nk’umwe mu bagize inama y’Abakomiseri muri Komisiyo y’Igihugu yo gusezerera no gusubiza mu buzima busanzwe abari abasirikare.

Gatabazi yamenyekanye cyane ubwo yagirwaga Guverineri w’intara y’Amajyaruguru mu 2017. Icyo gihe yari akuwe mu nteko ishinga amategeko, umutwe w’Abadepite.

Icyakora, nyuma y’imyaka itatu yarirukanywe muri Gicurasi 2020 kubera iperereza yari ari gukorwaho, ariko nyuma y’amezi abiri, muri Nyakanga 2020 asubizwa muri uwo mwanya.

Muri Werurwe 2021 Gatabazi yagizwe Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu ariko nyuma y’imyaka ibiri, mu Gushyingo 2023 aza kuvanwa muri uwo mwanya, asimbuzwa Jean Claude Musabyimana, ariko we ntiyahabwa akandi kazi kugeza ejo hashize.

Hagati aho Gatabazi yaje no kuvugwa mu myifatire yavuzweho kubangamira ubumwe n’Ubwiyunge mu iyimikwa ry’uwiswe umutware w’Abakono.

Kugeza ubu, Gatabazi yabagaho ubuzima bucecetse, aho atagaragaraga mu bikorwa bihuriyemo abantu benshi.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa