skol
fortebet

Gen Muhoozi yavuze ko ingabo ayoboye muri Uganda zitazigera zirwanya Urwanda bibaho.

Yanditswe: Friday 22, Apr 2022

Sponsored Ad

Gen. Muhoozi ukunda gukoresha Twitter cyane yavuze ko ubwo aheruka guhura na Perezida Kagame yamwemereye kubahiriza ibintu bitatu.

Sponsored Ad

Gen. Muhoozi ukunda gukoresha Twitter cyane yavuze ko ubwo aheruka guhura na Perezida Kagame yamwemereye kubahiriza ibintu bitatu.

Kuri Tweeter ye yagize ati “Umunsi wa mbere mpura na ‘Marume’ mu mezi atatu ashize, namwemereye ibintu byinshi. Icya mbere ni uko nk’Umugaba w’Ingabo zirwanira ku Butaka, UPDF, ingabo zanjye zitagomba gutera u Rwanda. Icya kabiri nta muyobozi mu rwego rw’umutekano rwa Uganda urwanya u Rwanda uzagumana umwanya mu gisirikare nyoboye. Ngo n’ibindi azagenda abikurikizaho.”

Ubu butumwa yabukurikijeho amafoto amugaragaza ari kumwe na Perezida Kagame ku munsi yageraga mu Rwanda bwa mbere.
Nta gihe gishize Gen. Kainerugaba atangiye kugenderera u Rwanda ku buryo bwi kurikiranya nyamara bitari bimenyerewe.
Kimwe mubyamururuye ahanini ni ugushyira ku murongo no kugerageza gukemura bimwe mu bibazo bishingiye ku mutekano muke byavugwaga ko Uganda iteza u Rwanda, byanatumye ibihugu byombi bifunga imipaka ibihuza.

U Rwanda rwakunze gushinja Uganda gushyigikira ibikorwa bigamije guhungabanya umutekano warwo no gufunga Abanyarwanda mu buryo bunyuranyije n’amategeko, bigenda bizambya umubano w’ibihugu byombi.

Kimwe mu byari bitegerejwe mu izahuka ry’umubano wabyo ni ifungurwa ry’umupaka no kongera gusubira mu buryo k’ubuhahirane hagati y’ababituye.
Gen. Muhoozi amaze gusura u Rwanda inshuro ebyiri kuva uyu mwaka watangira. Ku nshuro ya mbere yahageze ku wa 22 Mutarama 2022, anahava uwo munsi. Icyo gihe byavuzwe ko yari azanye ubutumwa bwa Se ari we Perezida Museveni wa Uganda.

Nyuma y’igihe gito yongeye kugaruka mu ruzinduko rwamaze iminsi itatu rwabaye muri Werurwe, yongera kuganira na Perezida Kagame wamwakiriye muri Village Urugwiro.

Mu butumwa Ibiro by’Umukuru w’Igihugu byanyujije kuri Twitter icyo gihe, byavuze ko haganiriwe ku mubano w’ibihugu byombi, byanatanze umusaruro urimo ko umupaka uhuza ibihugu byombi, i Gatuna wongeye gufungurwa mu mpera za Werurwe.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa