Igihe Inama y’Umushyikirano ishobora kongera kubera cyamenyekanye
Yanditswe: Wednesday 04, Jan 2023
Inama y’igihugu y’Umushyikirano iba buri mwaka igiye kongera gusubukurwa nyuma yo gukomwa mu nkokora n’icyorezo cya Covid-19 ntibe mu myaka ishize.
Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda mu kiganiro na RBA yavuze ko batirengagije itegeko nshinga ahubwo icyorezo cya Covid-19 ntaho cyagiye, ndetse ariyo mpamvu bari gukora ibishoboka byose ngo ibe muri Mutarama cyangwa Gashyantare 2023.
Yagize ati “Niba tuvuye mu bihe bya Coronavirus mu kwezi kwa Gatanu, inama (…)
Inama y’igihugu y’Umushyikirano iba buri mwaka igiye kongera gusubukurwa nyuma yo gukomwa mu nkokora n’icyorezo cya Covid-19 ntibe mu myaka ishize.
Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda mu kiganiro na RBA yavuze ko batirengagije itegeko nshinga ahubwo icyorezo cya Covid-19 ntaho cyagiye, ndetse ariyo mpamvu bari gukora ibishoboka byose ngo ibe muri Mutarama cyangwa Gashyantare 2023.
Yagize ati “Niba tuvuye mu bihe bya Coronavirus mu kwezi kwa Gatanu, inama y’Umushyikirano yari ikwiye kuzaba bitarenze mu kwa Gatanu k’uyu mwaka turimo (2023) nibura hashize umwaka, kuvuga ngo ntegure inama mu kwezi kwa Cumi na Kabiri tukiri muri Corona nta mujyo bifite.”
Yakomeje agira ati “Yego ni itegeko ariko ni impamvu zari zarayibujije zirumvikana, uyu munsi ushobora kuvuga ngo ejo ko nabonye abantu mu bitaramo BK Arena, Musanze na Rubavu mu mihanda ni byiza, ndabona abantu mu mupira ni byiza ariko ndakubwira ko hari ahantu tukijya hafunganye tukabanza kwipimisha.
Nibyo koko inama iteganywa n’itegeko nshinga, ntabwo ryibagiranye kuko navuganye n’inzego zibishinjwe (Ibiro bya Minisitiri w’Intebe) bambwira ko batabyibagiwe. Abanyarwanda bakimenye ntabwo ubuyobozi bwanyuranya n’itegeko nshinga nkana, aho icyorezo tukivuriyemo batangiye kuyitegura, niyo mpamvu bavuga ngo bigenze neza mu kwezi kwa mbere cyangwa ukwa kabiri byashoboka.”
Inama y’Umushyikirano iheruka kuba mu 2019 ku nshuro ya 17 kubera icyorezo cya Covid-19 cyari cyarakajije umurego bigatuma mu 2020 itaba, mu 2021 byari byemejwe ko iba kuwa 22 Ukuboza 2022 ariko iza gusubikwa igitaraganya.
Ni isubikwa ryatewe nuko hari hafashwe ingamba nshya zo kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya Covid-19 zakuyeho amakoraniro ahuza abantu benshi, kubera ubwoko bushya bw’ubwandu bwa Covid-19 bwa Omicron.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *