skol
fortebet

Igisirikare cy’Ubufaransa n’icy’u Rwanda bateye indi ntambwe mu kunoza ubufatanye basanzwe bafitanye

Yanditswe: Friday 09, Jun 2023

featured-image

Sponsored Ad

Itsinda ry’ ingabo z’Ubufaransa riyobowe na Brig Gen Fabien Kuzniak, Umuyobozi w’Ishami rishinzwe Ubutwererane n’amahanga ryasuye u Rwanda.

Sponsored Ad

Urubuga rwa Minisiteri y’ingabo mu Rwanda ruvuga ko mu ruzinduko rw’akazi barimo mu Rwanda baje kugenzura ubufatanye busanzwe hagati y’Ingabo z’u Rwanda n’iz’Ubufaransa, no kuganira ku mahirwe y’ubufatanye yandi ahari yavamo ubufatanye.

Abagize iryo tsinda bagiranye ibiganiro n’abasirikare bakuru mu ngabo z’u Rwanda, bayobowe n’Umugaba Mukuru w’Ingabo Lt. Gen Mubarakh Muganga

Gen Kuzniak n’itsinda ayoboye basuye Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Kigali, mu rwego rwo kunamira inzirakarengane zishwe muri Jenoside.

Kuva ku butegetsi bwa Nicolas Sarkozy umubano w’u Rwanda n’Ubufaransa wagiye ugarura isura nyuma y’igihe kirekire uryamye burundu kubera ko u Rwanda rwashinjaga Ubufaransa kugira uruhare rutaziguye muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Perezida Emmanuel Macron amaze kugera ku butegetsi yahinduye byinshi, ndetse ku mugaragaro asaba imbabazi mu izina ry’igihugu cye, ku ruhare ingabo z’Ubufaransa zagize muri Jenoside yakorewe Abatutsi, ndetse n’amakosa abategetsi ba Leta y’icyo gihe bakoze.

Ingabo z’u Rwanda ziri mu bikorwa byo guhashya ibyihebe muri Mozambique, zabashije kubyirukana mu gace Sosiyete y’Abafaranga icukura petrol ya Total ikorera, bituma isubukura imishinga yayo ifite agaciro ka za miliyari z’amadolari.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa