skol
fortebet

Minisitiri Dr Vincent Biruta yagiranye ibiganiro na mugenzi we wa Ukraine, Dmytro Kuleba

Yanditswe: Thursday 25, May 2023

featured-image

Sponsored Ad

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Dr Vincent Biruta, yagiranye ibiganiro na mugenzi we wa Ukraine Dmytro Kuleba uri mu ruzinduko mu Rwanda basinyana amasezerano yerekeye iby’ubujyanama mu bya politiki hagati y’ibihugu byombi.

Sponsored Ad

Dmytro Kuleba yageze mu Rwanda kuri uyu wa Kane tariki 25 Gicurasi mu ruzinduko rw’umunsi umwe.

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’u Rwanda ibinyujije kuri Twitter, yatangaje ko aba baminisitiri bombi bashyize umukono ku masezerano y’imikoranire mu bijyanye n’ubujyanama mu bya politiki hagati y’u Rwanda na Ukraine.

Mu butumwa Kuleba yanyujije kuri Twitter, yavuze ko yaganiriye na Dr Biruta ku bijyanye na gahunda ya Perezida Zelensky yerekeye umugambi w’amahoro ukubiyemo ibijyanye no kubungabunga ubusugire bw’igihugu, umutekano mu by’ingufu, gufunguza imfungwa z’intambara no gutahukana abaturage u Burusiya bwatwaye bunyago.

Uruzinduko Dmytro Kuleba yagiriye mu Rwanda ruje rukurikira urwo yagiriye muri Ethiopia, ku wa Gatatu tariki ya 24 Gicurasi aho yahuye n’abayobozi barimo Perezida wa Komisiyo ya Afurika Yunze Ubumwe, Moussa Faki Mahamat na Perezida wa Comores uyoboye uyu muryango, Azali Assoumani.

Kuleba yabwiye Azali Assumani na Musa Faki Mahamat kuri gahunda ya Ukraine yo gutsura umubano n’ibihugu bya Afurika, witezweho kubyara amahirwe menshi ku mpande zombi, ku bikorwa by’ubucuruzi n’abaturage.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa