Perezida Kagame yakiriye muri Village Urugwiro, Perezida wa Guinea-Bissau, Umaro Sissoco Embaló uri mu ruzinduko rw’akazi mu Rwanda.Bagiranye ibiganiro byibanze ku mibanire y’ibihugu byombi n’umugabane wa Afurika muri rusange.
Ibiro by’umukuru w’igihugu, Village Urugwiro, byatangaje ko aba bayobozi bombi "baganiriye ku ngingo zireba ibihugu byombi n’izireba umugabane."
Perezida Umaro Sissoco Embaló yaherukaga mu Rwanda muri Werurwe, mu ruzinduko rw’akazi rwamaze iminsi itatu, rugamije gushimangira umubano w’ibihugu byombi.
Icyo gihe habaye isinywa ry’amasezerano y’ubufatanye mu nzego zirimo ubutwererane mu bukungu n’ubucuruzi, uburezi, ubukerargendo, gutegura inama no kubungabunga ibiudukikije, yashyizweho umukono na ba minisitiri b’ububanyi n’amahanga.
Kuri uyu wa Gatandatu kandi Perezida Kagame yakiriye Ramtane Lamamra, Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga wa Algeria akaba n’intumwa yihariye ya Perezida Abdelmadjid Tebboune.
Dusingizimana Remy is a journalist for Umuryango.rw. He studied at the University of Rwanda.He holds a Bachelor’s degree in Journalism and Communication. He started his career in writing about sports in 2015.Follow him on Twitter and Instagram @REMY SAGAN