Ubwongereza bwongeye kwitandukanya nabavuga ko u Rwanda rudatekanye
Yanditswe: Tuesday 22, Aug 2023
Guverinoma y’u Bwongereza ntiyemeranya n’abavuga ko u Rwanda rudatekanye byo kwakira abimukira, bashingira ku kuba hari Abanyarwanda 14 baherutse guhabwa ubuhungiro n’iki gihugu cyo ku mugabane w’Uburayi.
Mu gihe iyi guverinoma ikomeje urugamba rw’amategeko kugira ngo yohereze abimukira barebwa n’amasezerano yashyizweho umukono muri Mata 2022, abasesenguzi n’abahagarariye imiryango itandukanye bo bagaragaza ko u Rwanda rudakwiye kubakira.
Impuguke mu by’abimukira, Prof. Thom Brooks yatangarije ikinyamakuru The Mirror ko hagati y’umwaka w’2011 n’2021, u Bwongereza bwahaye Abanyarwanda 37 ubuhungiro barimo 14 babuhawe mu 2020, akagaragaza ko ari ikimenyetso cyerekana uburyo u Rwanda rudatekanye.
Prof. Brooks ati: “Mu gihe tubwirwa ko u Rwanda rutekanye muri byose, ibiro bishinzwe umutekano birabizi ko rudatekanye ku Banyarwanda bose. Ntabwo byumvikana uburyo u Rwanda rwatekana ku baturuka muri buri gihugu mu gihe rudatekaniye buri Munyarwanda.”
Umuvugizi w’ishami ry’ishyaka Liberals Democrat rishinzwe umutekano w’imbere, Alistair Carmichael na we yunze mu rya Prof. Brooks, ati: “Umunyamabanga w’umutekano w’imbere atubwira mu kuri ko u Rwanda rutekanye mu gihe u Bwongereza buha ubuhungiro abantu bava muri iki gihugu?”
Umuvugizi w’ibiro bishinzwe umutekano w’imbere, ari na byo bifite inshingano yo gutegura gahunda yo kohereza abimukira, yasubije ko, n’ubwo aba basenguzi n’imiryango itandukanye byemeza ko u Rwanda rudatekanye, umuryango mpuzamahanga wita ku mpunzi, UNHCR, wo wemeza ko rutekanye.
Yagize ati: “U Rwanda ruzwi ku rwego mpuzamahanga, ho amateka yo guha ikaze no gutuza abimukira n’abasaba ubuhungiro. Umubare w’abantu bashyira ubuzima bwabo mu kaga kunyura mu nzira zitemewe kandi ntukwiye. Ni yo mpamvu twatoye itegeko rishya rizatuma abagera mu Bwongereza bitemewe batabwa muri yombi, basubizwe mu bihugu baturutsemo cyangwa bajyanwe mu gihugu cya gatatu.”
U Rwanda rucumbikiye impunzi n’abimukira, bose hamwe babarirwa mu 130.000. UNHCR ishima uburyo rubakira ariko iyo bigeze kuri gahunda yarwo n’u Bwongereza, ihindura imvugo.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *