Umuryango Ndabaga mu myaka 20 uracyazirikana uruhare rw’Umugore ku rugamba rwabohoye i Gihugu
Yanditswe: Saturday 05, Aug 2023

Ubwo hizihizwaga Isabukuru y’Imyaka 20, Umuryango Ndabaga umaze ushinzwe, hagaragajwe uruhare rw’abagore ku rugamba rwo Kubohora Igihugu n’ubwitange bwabaranze.
Ndabaga ni umuryango ugizwe n’abari n’abategarugori bagize uruhare mu kubohora Igihugu; Intore z’Umuryango wa FPR-INKOTANYI (Cadres), abasirikare bahoze ari aba RPA n’abahoze mu Ngabo z’Igihugu, Ex-Far.
Uyu muryango washinzwe hagamijwe ubumwe no gushyigikira imibereho myiza y’abagore bahoze ari Ingabo z’Igihugu banacyunamuye mu bihe bigoye.
Binyuze mu mukino wiswe Ndabaga hagaragajwe uruhare rw’abagore mu rugamba rwo Kubohora Igihugu n’umusaruro byatanze.
Abagore babaye imparirwakurusha mu gutangira urugamba kuko wasangaga iyo bari mu mahanga ari bo baba aba mbere mu gushishikariza abana babo kwiyumvamo ubunyarwanda no gukunda igihugu.
Ibyo byakorwaga binyuze mu kubigisha umuco w’u Rwanda nko kubyina n’ururimi rw’Ikinyarwanda. Hari kandi abagore bashishikarije abana babo kujya mu gisirikare ngo bazagire uruhare mu kubohora igihugu.
Bagiraga amatorero atandukanye nk’i Burundi hari Imanzi, muri RD Congo hari Intare, muri Tanzania hari Amariza, i Bugande hari Amaraba, Nyampinga muri Kenya, mu Bubiligi hari Imitari na Muyango, Isamaza, Amarebe... aho urugamba rutangiriye bamwe muri abo ni bo batangije Indahemuka Cultural Troupe, zakoze ubukangurambaga hirya no hino ndetse banabaye ku rugamba.
Muri uyu mukino wa Ndabaga kandi ushingiye ku mateka, hagaragajwe ko hanabayeho abahaze amagara yabo bakajya ku rugamba gufatanya n’ingabo kurwana.
Iyo urebye amafoto agaragaza Ingabo za RPA mu bihe binyuranye ubwo bari ku rugamba ubona neza bamwe mu bagore batinyutse gukora ibidasanzwe bakajya kurwanira kubohora igihugu.
Abandi bari ku rugamba bagakora akazi kanyuranye karimo gutanga ubuvuzi, gushakira abasirikare ibyo kurya no kuba bamwe baremeraga gusigara ku ngo zabo abagabo baragiye mu mashyamba.
Abagore kandi bagize uruhare mu gukusanya inkunga mu buryo bw’amafaranga yo gufasha abasirikare ku rugamba ndetse bamwe babinyujije mu ndirimbo bateraga abagabo imbaraga zo gukomeza guhatana n’aho bacitse intege.
Uretse kandi abagore bari mu mahanga hari n’abari imbere mu gihugu batanze umusanzu ukomeye mu guhanahana amakuru kuri politiki y’Inkotanyi ku buryo benshi batangiye kugenda bacengerwa n’amatwara yazo bigizwemo uruhare n’abagore.
Abagore bashimiwe uruhare bagize mu Kubohora Igihugu no kucyubaka ndetse n’urwo bakomeje kugira mu kubaka umuryango muzima w’Abanyarwanda kandi uzira amacakubiri.
Umuyobozi w’Umuryango Ndabaga, Rtd Cpt Apophia Batamuliza, ni umwe mu bagize uruhare mu rugamba rwo kubohora igihugu aho kuri ubu akora muri Minisiteri y’Ingabo, yagaragaje ko ubutwari bw’abagore ku rugamba bwafashije cyane mu kugera ku ntsinzi.
Rtd Cpt Apophia Batamuliza yakomeje agaragaza ko nyuma yo kwiyubaka kuri ubu bifuza kugira uruhare rukomeye mu bikorwa byo kugarura amahoro mu bihugu bivuye mu ntambara by’umwihariko ku bagore n’abana kuko ari bo bakunze kugirwaho ingaruka nabyo.
Yagaragaje ko nk’uko Ingabo z’igihugu zijya mu butumwa bw’amahoro mu gihugu runaka, na bo bashobora kujya batanga ubutumwa bw’amahoro ariko mu bihugu bivuye mu ntambara.
Komiseri mu Kigo gishinzwe gusubiza mu buzima busanzwe abahoze ari Abasirikare, RDRC, Col. Fred Nyamurangwa, yasabye abanyamuryango ba NDABAGA gukomeza ibikorwa byo gufasha Abanyarwanda kugira umuryango mwiza.
Ati “Ndabaga ni umuco, ubuzima urugamba rw’amasasu rwararangiye ariko urwo kubaka igihugu mushake uko mubigiramo uruhare nk’Abanyarwandakazi bakunda igihugu.”
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *