skol
fortebet

Abikorera bapfusha ubusa amasezerano u Rwanda rugirana n’ibindi bihugu (MINAFFET)

author-image

Yanditswe na: Joseph Iradukunda
Kuwa: Tuesday 10, May 2022

Abikorera bapfusha ubusa amasezerano u Rwanda rugirana n'ibindi bihugu (MINAFFET)

Sponsored Ad

skol

Mu kiganiro n’abayobozi b’urugaga rw’abikorera 400 bari mu mwiherero mu karere ka Bugesera, Umujyanama muri Minisiteri y’ububanyi n’amahanga Amb. Monique Mukaruliza yagaragaje ko uretse amasezerano rufitanye n’ibindi bihugu, u Rwanda ruri mu miryango mpuzamahanga itanga amahirwe akomeye ku bikorera.

Mu kiganiro n’abayobozi b’urugaga rw’abikorera 400 bari mu mwiherero mu karere ka Bugesera, Umujyanama muri Minisiteri y’ububanyi n’amahanga Amb. Monique Mukaruliza yagaragaje ko uretse amasezerano rufitanye n’ibindi bihugu, u Rwanda ruri mu miryango mpuzamahanga itanga amahirwe akomeye ku bikorera.

Icyakora yavuze ko kubyaza umusaruro ayo masezerano yose bisaba kubanza kuyamenya , kuko kugeza ubu abikorera batagira amatsiko y’ibiyakubiyemo bizatuma bashiduka barasigaye nyamara abandi bageze kure bayabyaza umusaruro.

Gusa nanone birasaba ko abikorera bo mu Rwanda bongera ibyo bakora mu bwiza no mu bwinshi kugirango babashe guhatana kuri ayo masoko yose.

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’u Rwanda irahamagarira abikorera bo mu Rwanda gukanguka kurushaho bakamenya amasezerano y’ubucuruzi n’ubuhahirane u Rwanda rufitanye n’amahanga ndetse n’amahirwe bakwiye kuyabyaza.

Ni mu gihe iyi minisiteri ivuga ko muri iki gihe dipolomasi y’u Rwanda ishishikajwe n’ububanyi n’amahanga bushingiye ku bukungu, ibizwi nka economic diplomacy mu rurimi rw’icyongereza.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Muri bande?



Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa