skol
fortebet

MIFOTRA yikomye ibigo byishyuza abanyeshuri bashaka kwimenyereza akazi

Yanditswe: Monday 02, Sep 2024

featured-image

Sponsored Ad

Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo (MIFOTRA) yakebuye ibigo byiganjemo iby’abikorera bisaba amafaranga abashaka kwimenyereza umwuga (internship), ko bidakwiye ahubwo bakwiye kubumva kuko baba baje gutanga umusanzu n’ibitekerezo.

Sponsored Ad

MIFOTRA ivuga ko ibigo bica amafaranga bidakwiye ahubwo ko umuntu ushaka kwimenyereza umwuga hari ibyo atakaza bityo ko yakoroherezwa.

Francois Ngoboka, Umuyobozi Mukuru muri MIFOTRA ushinzwe guteza imbere ubumenyi n’umurimo, yagize ati: ”Gucibwa amafaranga ngo ubone sitaje ntabwo ari byo ahubwo tubakangurira korohereza no kubafasha kuko umuntu iyo ashaka sitaje hari ibyo aba atanga haba gutega, kurya, amazi yo kunywa, akeneye koroherezwa aho gucibwa amafaranga.”

Ngoboka akomeza avuga ko uwimenyereza agira uruhare mu kuzamura umusaruro ikigo gitanga.

Ati: “Umuntu iyo agiye kwimenyereza ashobora kumara amezi abiri yiga ariko amezi akurikiye aba afasha cya kigo kugera ku nshingano no kongera umusaruro.”

Nubwo avuga ibi ariko, bamwe mu bagiye baganira n’Imvaho Nshya mu bihe bitandukanye bavuga ko bacibwa amafaranga ya sitaje ndetse bikanashimangirwa na ba rwiyemezamirimo ko baca ayo mafaranga kugira ngo bazabone uko bagura ibikoresho mu gihe byaba byangijwe n’uwimenyereza umwuga.

Muri uyu mwaka wa 2024, MIFOTRA yamuritse uburyo bw’ikoranabuhanga, Rwanda National Internship Programme Portal, aho abashaka kwimenyereza umwuga bazajya bamenya amakuru banyuze ku rubuga (https://internship.rw) maze babone amakuru y’aho babona ibigo byo kwimenyerezamo umwuga.

Mu mwaka wa 2023, MIFOTRA yafashije abantu 206 000 kwimenyereza umwuga kandi bose bahabwaga amafaranga abafasha mu rugendo no kubona ibindi by’ibanze.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa