skol

Minisitiri Ndagijimana yijeje Abanyarwanda igabanuka ry’ibiciro ku masoko

Yanditswe: Wednesday 08, Feb 2023

featured-image

Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi Dr Uzziel Ndagijimana yatanze icyizere ko ibiciro ku masoko mu Rwanda byatangiye kumanuka, bitandukanye n’umwaka ushize warangiye bizamutseho 13,9%.
Yabigarutseho kuri uyu wa Gatatu ubwo yagezaga ku Nteko Ishinga Amategeko, umushinga w’ivururwa ry’ingengo y’imari, yongereweho miliyari 106,4 Frw ikagera kuri miliyari 4764,8 Frw.
Minisitiri Ndagijimana yavuze ko ibiciro ku masoko byazamutse ku gipimo cya 21,6% mu Ukuboza 2022 ugereranyije na 21,7% mu (…)

Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi Dr Uzziel Ndagijimana yatanze icyizere ko ibiciro ku masoko mu Rwanda byatangiye kumanuka, bitandukanye n’umwaka ushize warangiye bizamutseho 13,9%.

Yabigarutseho kuri uyu wa Gatatu ubwo yagezaga ku Nteko Ishinga Amategeko, umushinga w’ivururwa ry’ingengo y’imari, yongereweho miliyari 106,4 Frw ikagera kuri miliyari 4764,8 Frw.

Minisitiri Ndagijimana yavuze ko ibiciro ku masoko byazamutse ku gipimo cya 21,6% mu Ukuboza 2022 ugereranyije na 21,7% mu Ugushyingo 2022.

Ni ibibazo byakomeje n’ingaruka za COVID-19 n’ingaruka z’intambara y’u Burusiya na Ukraine, bihurirana n’uko urwego rw’ubuhinzi rwagize umusaruro muke bitewe n’igihembwe cy’ihinga cya 2022A kitagenze neza, kubera ibura ry’imvura mu bice bimwe bw’igihugu.

Ibiciro ku masoko byazamutse ahanini bitewe n’ibiciro by’ibiribwa, ibinyobwa bisembuye n’ibidasembuye, ibikomoka kuri peteroli ndetse na gaz, byazamutse cyane ku masoko mpuzamahanga.

Dr Ndagijimana yagize ati "Impuzandengo y’izamuka ry’ibiciro ku masoko hagati ya Mutarama - Ukuboza 2022 yageze ku gipimo cya 13,9%, icyakora ibimenyetso bigaragaza ko ibiciro bitangiye kugabanuka ku masoko yacu byatangiye kugaragara guhera mu mpera za 2022."

"Ibicuruzwa bimwe nk’umuceli, ibishyimbo, inyanya, amavuta yo guteka, byatangiye kumanuka. Twizeye ko iki gihembwe cy’ihinga cya 2023A na cyo kizagira uruhare mu kugabanya ibiciro ku masoko, by’ibiribwa."

Igipimo fatizo cy’izamuka ry’ibiciro mu Rwanda kibarirwa kuri 5%, naho ictyo hejuru cyane ni 8%.

IVOMO:IGIHE

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa