Kuri uyu wa 24 Gicurasi 2024, Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Dr Ndagijimana Uzziel, yagejeje ku nama Ihuriweho n’imitwe yombi y’Inteko Ishinga Amategeko umushinga w’itegeko rigena ingengo y’imari ya Leta ya 2024/2025.
Abadepite bemeje ishingiro ry’umushinga w’itegeko ry’ingengo y’imari y’u Rwanda y’umwaka wa 2024/2025.Ni ingengo y’imari izaba ingana na Miliyari 5,690.1Frw.
Aya akaba aziyongeraho miliyari 574.5 bingana na 11.2% ugereranyije na miliyari 5115.6 Frw ari mu ngengo y’imari ivuguruye ya 2023/2024.
Muri iyi ngengo y’imari, amafaranga ava imbere mu gihugu azaba angana na 60%, ni ukuvuga miliyari ibihumbi 3.414.4Frw, inkunga z’amahanga zingana na miliyari 725.3 bingana na 12.7% naho inguzanyo ni miliyari 1.318.1 angana na 23.%.
Amafaranga ava imbere mu gihugu wongeyeho inguzanyo zizishyurwa byihariye 83.2% by’ingengo y’imari yose, ibisobanura ko u Rwanda rwihagije ku ngengo y’imari kuri iki gipimo.
Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, yabwiye abadepite n’abasenateri ko imirimo yo kwagura Stade Amahoro igeze ku gipimo cya 96%.
Iyi stade yongerewe ubushobozi bw’abantu yakira bava ku bihumbi 25, bagera ku bihumbi 45.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *