Sosiyete Nyarwanda y’Ubwikorezi bwo mu kirere, RwandAir yatangije ingendo zerekeza ku Kirwa cya Zanzibar muri Tanzania aho yahagurukanye abagenzi 109 barimo n’abakomereza i Mombasa muri Kenya, ikaba yasubukuyeyo ingendo yari isanzwe ihakorera.
Ibinyujije ku rubuga rwayo rwa X kuri uyu wa 01 Ukuboza 2025, RwandAir yagaragaje ko ari intambwe ikomeye itewe mu gutemberera ibihugu bya Afurika.
Yagize iti: ”Uyu ni umunsi ukomeye! Uyu munsi twishimiye gutangiza urugendo rwa mbere rwerekeza i Zanzibar no gusubukura izerekeza i Mombasa.”
Yongeyeho ko ari urufunguzo n’amahirwe akomeye kandi y’ingirakamaro.
Zanzibar yabaye icyerekezo cya gatatu RwandAir yerekezamo muri Tanzania nyuma ya Dar es Salaam na Kilimanjaro.
Biteganyijwe ko mu 2026, RwandAir izaba itwara abagenzi miliyoni 1,2 bavuye kuri miliyoni imwe yariho mu 2023/24, mu gihe mu 2028/29 bazaba barageze kuri miliyoni 2,1.
Imibare yatangajwe n’Ikigo Mpuzamahanga gishinzwe ingendo zo mu Kirere, (IATA) muri Nzeri 2025, yagaragaje ko ubwikorezi bwo mu kirere bwafashije ubukerarugendo bw’u Rwanda kwinjiza miliyoni 124,9 z’amadolari ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika, (arenga miliyari 180 Frw) mu mwaka wa 2023/2024.
Raporo ya IATA yibanze ku gaciro k’ubwikorezi bwo mu kirere mu Rwanda yanagaragaje ko ubwikorezi bwatanze akazi ku barenga 29 000 mu Rwanda, mu gihe abarenga 2 900 bakora mu bwikorezi bwo mu kirere mu buryo butaziguye.
Imirimo bakora yinjije arenga miliyoni 8,9$, bingana na 0,1% by’Umusaruro Mbumbe w’Igihugu.
Uruhererekane rw’ubwikorezi bwo mu kirere rwinjirije u Rwanda miliyoni 160,2 z’amadolari (1,1% by’Umusaruro Mbumbe w’Igihugu), akaba ari amafaranga yaturutse mu bikorwa bitandukanye birimo ni byo abakozi bakoresha, imirimo ijyanye n’ubukerarugendo n’ibindi.
RwandAir isanzwe ikora ingendo zerekeza mu byerekezo bitandukanye hirya no hino ku Isi, haba mu gutwara abantu ndetse n’imizigo, ndetse ikorera mu byerekezo byinshi muri Afurika haba mu Burasirazuba, u Burengerazuba, mu bihugu by’u Burayi, Aziya na Amerika.


Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *