skol

Abanyarwanda bakunda imanza? Ubwiyongere bw’izaburanishijwe mu myaka 10

Yanditswe: Saturday 24, Jan 2026

featured-image

Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare (NISR) cyatangaje ko imanza za Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 zazamutse kuva mu myaka 10 ishize kuko zavuye ku zitageze kuri 40 mu 2016 zigera ku 1.344 mu 2025.

Mu mwaka w’ingengo y’imari wa 2015/16, imanza za Jenoside yakorewe Abatutsi zaburanishijwe zari 39 ariko zikomeza kwiyongera zigera ku 133 mu 2016/17 ndetse na 237 mu 2017/18.

Iyo mibare y’imanza za Jenoside zaburanishijwe mu 2018/19 yageze kuri 802 ariko bigeze mu 2019/2020 zimanukaho gato zisubira kuri 799.

Uko kuzamuka kwarakomeje mu 2020/21 zigera kuri 856 mu mwaka wakurikiyeho wa 2021/22 ziba 716, mu 2022/23 zisubira kuri 541, mu 2023/24 zigera kuri 761 naho mu mwaka ushize w’ingengo y’imari wa 2024/25 zirazamuka ziba 1.344.

Izindi manza ziyongeyeho ibihumbi 34 mu myaka itanu

NISR igaragaza ko imanza inkiko zo mu Rwanda zaburanishije ziyongeye kuva mu myaka itanu ishize kuko zavuye ku 74.513 mu mwaka w’ingengo y’imari wa 2020/21 zirenga ibihumbi 109 mu 2024/25.

Mu mwaka w’ingengo y’imari wa 2020/21 mu Rwanda haburanishijwe imanza 74.513 harimo iz’imbonezamubano zigera ku 17.888 n’izindi 48.883 z’inshinjabyaha.

Imanza zijyanye n’ubukungu zaciwe muri uwo mwaka ni 1.365, iz’ubutegetsi ziba 484, iz’ubucuruzi 4.677 hamwe n’imanza zihariye icyenda.

NISR igaragaza kandi ko mu 2021/22 imanza zaburanishijwe mu Rwanda zose ari 90.795 harimo imanza z’imbonezamubano 19.351, iz’inshinjabyaha 64.404 n’izindi zijyanye n’ubukungu 1,716.

Haburanishijwe kandi imanza z’ubutegetsi 423, iz’ubucuruzi 4.377 hamwe n’izindi zihariye enye.

Mu mwaka wa 2022/23, NISR igaragaza ko haciwe imanza zose hamwe 98.176 harimo iz’imbonezamubano 20.143, iz’inshinjabyaha 72.079 n’izijyanye n’ubukungu 1.421.

Muri uwo mwaka kandi haciwe imanza z’ubutegetsi 332, iz’ubucuruzi 3.658 ndetse n’izindi zihariye ebyiri.

Mu mwaka wa 2023/24 imanza zaciwe mu Rwanda zakomeje kwiyongera kuko zageze ku 109.691 harimo iz’imbonezamubano 24.741, iz’inshinjabyaha 78.609 n’izindi zijyanye n’ubukungu 1.562.

Muri uwo mwaka kandi haciwe imanza zijyanye n’ubutegetsi 447, iz’ubucuruzi 3.564 n’izindi zirindwi zihariye.

NISR igaragaza ko mu 2024/25 haciwe imanza zose hamwe 109.192 zirimo iz’imbonezamubano 26.187 hamwe n’iz’inshinjabyaha 75.903 hamwe n’izindi 1.496 z’iby’ubukungu.

Muri uwo mwaka kandi haciwe imanza z’ubutegetsi 375, iz’ubucuruzi 3.880 n’izindi zirindwi zihariye.

Minisiteri y’Ubutabera igaragaza ko iri gushyira ingufu mu kwihutisha imanza z’ibirarane harimo no gukoresha uburyo bwo gukemura amakimbirane hatisunzwe inkiko ku buryo bizava ku ijanisha rya 49% biriho ubu bikagera kuri 25% by’imanza zihari bitarenze mu 2029.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa