skol

Abarwanyi bahoze mu buyobozi bwa FDLR bakatiwe gufungwa imyaka itanu

Yanditswe: Thursday 20, Apr 2023

featured-image

Abagabo batandatu bahoze mu nyeshyamba za FDLR muri DR Congo bakatiwe n’Urukiko rukuru mu Rwanda gufungwa imyaka itanu nyuma yo kubahamya icyaha kimwe muri bitatu baregwaga.
Aba bakuriwe na ‘jenerali’ Leopold Mujyambere hamwe na ‘colonel’ Joseph Habyarimana alias Sophonie Macebo, bafashwe mu myaka ishize muri DR Congo boherezwa mu Rwanda.
Barezwe ibyaha byo; kurema umutwe w’ingabo utemewe, ubugambanyi, no kuba mu mutwe w’iterabwoba. Urukiko rwabahamije iki cyaha cya nyuma ruvuga ko (…)

Abagabo batandatu bahoze mu nyeshyamba za FDLR muri DR Congo bakatiwe n’Urukiko rukuru mu Rwanda gufungwa imyaka itanu nyuma yo kubahamya icyaha kimwe muri bitatu baregwaga.

Aba bakuriwe na ‘jenerali’ Leopold Mujyambere hamwe na ‘colonel’ Joseph Habyarimana alias Sophonie Macebo, bafashwe mu myaka ishize muri DR Congo boherezwa mu Rwanda.

Barezwe ibyaha byo; kurema umutwe w’ingabo utemewe, ubugambanyi, no kuba mu mutwe w’iterabwoba. Urukiko rwabahamije iki cyaha cya nyuma ruvuga ko ibindi bitabahama.

Ubushinjacyaha bwari bwabasabiye gufungwa imyaka 25. Ntacyo buravuga kuri uyu mwanzuro w’urukiko wa none kuwa kane.

Urukiko rwavuze ko rwasanze hakwiye kuba inyoroshyacyaha mu kubakatira kuko abo bagabo batagoye urukiko mu miburanire yabo.

Mu isomwa ry’uru rubanza ryakorewe kuri ‘video conference’, abaregwa bari muri gereza ya Mageragere i Kigali bamaze gusomerwa ntibagaragaje amarangamutima, kandi ntacyo barengeje ku cyemezo cy’urukiko.

Uyu mwanzuro usobanuye iki?

Usibye kuba bafite iminsi 30 yo kuba bajuririra iki cyemezo, ntabwo byitezwe ko bakora ibyo kuko igihano bahawe gisobanuye ko bashobora kurekurwa bakava muri gereza vuba.

Aba bagabo baregwaga uruhare mu bitero byiciwemo abantu byakozwe na FDLR ku Rwanda mu myaka yashize, bahakanye ko hari uruhare babigizemo ndetse bakavuga ko batagiye muri FDLR ku bushake bwabo.

Aba bari bafite amapeti yo hejuru muri FDLR bafatiwe muri RD Congo mu bihe bitandukanye mbere ya 2019 bohererezwa ubutegetsi bw’u Rwanda, barafungwa.

Kuba bamaze imyaka nibura ine muri gereza kuba bakatiwe gufungwa imyaka itanu bivuze ko baba basigaje igihe gito muri gereza.

Aba si aba mbere bahoze muri FDLR boroherejwe n’urukiko bagakatirwa imyaka micye ugereranyije n’iyo Ubushinjacyaha bwabasabiraga.

Mu 2021 uru rukiko rwakatiye gufungwa myaka 10 Ignace Nkaka (La Forge Fils Bazeye) wahoze ari umuvugizi w’umutwe wa FDLR hamwe na Lt Col Jean Pierre Nsekanabo (Abega) wari ushinzwe iperereza muri uwo mutwe.

BBC

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa