Bimwe mu byaha Shema Arnaud De Bosscher wamenyekanye nka DJ Toxxyk akurikiranyweho ni ubwicanyi budaturutse ku bushake, gukora ibikorwa byerekeranye n’ibiyobyabwenge cyangwa urusobe rw’imiti ikoreshwa nka byo.
Ibi byaha bifitanye isano n’impanuka DJ Toxxyk yakoze mu rukerera rwo ku wa 20 Ukuboza 2025, ikagwamo umupolisi, ndetse n’ibiyobyabwenge byasanzwe iwe ubwo hakorwaga iperereza.
Amakuru yizewe dukesha IGIHE ni uko hashobora kuba hari ibindi byaha uyu mugabo akurikiranyweho, gusa biri bumenyekane mu gihe araba agejejwe imbere y’urukiko.
Biteganyijwe ko kuri uyu wa Gatatu, DJ Toxxyk agezwa imbere y’Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge ngo aburanishwe ku ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo.
DJ Toxxyk yatawe muri yombi ku wa 21 Ukuboza 2025 nyuma yo gufatirwa mu Karere ka Karongi, aho bikekwa ko yari mu nzira ahunga nyuma yo gukora impanuka.
Kuri uyu wa Gatatu, DJ Toxxyk aragezwa imbere y’ubutabera
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *