Impaka mu rubanza rwa Ingabire Victoire usaba ko ingingo y’itegeko yatumye afungwa ikurwaho
Yanditswe: Wednesday 04, Mar 2026
Urukiko rw’Ikirenga rwatangiye kuburanisha mu mizi, urubanza rwa Ingabire Victoire Umuhoza agaragaza ko ingingo ya 106 y’itegeko rigenga imiburanishirize y’imanza nshinjabyaha inyuranye n’ibiteganywa na zimwe mu ngingo z’Itegeko Nshinga. Urubanza rwaranzwe n’impaka nyinshi hagati ya Ingabire Victoire n’Intumwa ya Leta yatumijwe ngo itange ibitekerezo kuri iyo ngingo yarezwe.
Iyo ngingo ya 106 y’itegeko rigenga imiburanishirize y’imanza nshinjabyaha ni yo yashingiweho n’Urukiko Rukuru ruhamagaza Ingabire Victoire ndetse bimuviramo gufungwa iminsi 30 y’agateganyo.
Ingingo 106 igaragaza ko iyo urukiko rusanze hari impamvu zatuma hakekwa abandi bantu kuba barabaye abafatanyacyaha cyangwa se ari ibyitso by’ukurikiranyweho icyaha, rubahamagaza kugira ngo bagire ibisobanuro batanga muri urwo rubanza.
Ikomeza yerekana ko iyo urukiko rumaze kubaza abahamagawe mu rubanza, rugasanga nta bimenyetso bituma bakekwaho icyaha, rufata icyemezo cyo gukomeza iburanisha batongeye guhamagarwa.
Iyo rusanze ibisobanuro batanze bidahagije kandi urukiko rugasanga hari ibimenyetso bibashinja icyaha, rutegeka Ubushinjacyaha gukora iperereza buhereye ku byagaragajwe mu iburanisha.
Ingabire Victoire Umuhoza yasobanuye ko kuba urukiko ruhamagaza umuntu nk’icyitso cyangwa umufatanyacyaha byerekana ko wa muntu ataba agifatwa nk’umwere.
Yasobanuye ko kuba umucamanza ashobora gutumiza umuntu, agasesengura imvugo yamubwiye, usanga yinjiye mu zindi nshingano z’Ubugenzacyaha n’Ubushinjacyaha.
Ati “Umucamanza yaguhamagaje nk’icyitso cyangwa umufatanyacyaha, ukisobanura, atanyurwa n’ibisobanuro wamuhaye, akajya gusuzuma neza ibyo wamuhaye bivuze ko aho ari gukora igikorwa cy’ubugenzacyaha, yategetse ko ukorwaho iperereza, hanyuma akaba ari na we uzagucira urubanza ese uwo muntu azaguha ubutabera buboneye?”
Me Bikotwa Bruce uri mu bunganira Ingabire, yavuze ko icyo cyemezo cyica ihame ry’uko umuntu ahabwa ubutabera buboneye, kuko usanga umuntu yamaze gucirwa urubanza ataranisobanura.
Yasobanuye ko ingingo ya 106 y’itegeko ry’imiburanishirize y’imanza nshinjabyaha, inyuranyije n’Itegeko Nshinga.
Me Gashema Félicien yasobanuye ko iyo ngingo iteza urujijo bityo ikwiye gukurwaho kuko abantu bose bafatwa kimwe imbere y’amategeko bijyanye n’ibiteganywa n’itegeko Nshinga.
Uhagarariye Leta muri uru rubanza, Me Kabibi Speciose, yasobanuye ko iyo ngingo ishimangira ihame ry’ubutabera buboneye ku buryo abantu bose bagize uruhare mu ikorwa ry’icyaha babihanirwa.
Yibukije ko mu manza nshinjabyaha, umucamanza aba ashobora kwishakira ibimenyetso no mu gihe abagombaga kubimushyikiriza batabitanze ariko ko ategeka Ubushinjacyaha gukora iperereza kuko ari rwo rwego rubifite mu nshingano.
Yashimangiye ko kuba Itegeko rivuga ko Urukiko rutegeka Ubushinjacyaha gukora iperereza, nta kibazo kirimo kuko bufite inshingano yo gushaka ibimenyetso bishinja cyangwa ibishinjura.
Yavuze ko Ubushinjacyaha bugaragaje ibimenyetso bishinjura uwahamagajwe n’Urukiko, atahanwa kandi bigaragara ko nta ruhare yagize mu ikorwa ry’icyaha.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *