skol

Muhanga: Umugabo ukurikiranyweho kwica abana 10 atabishaka yasabiwe ibihano

Yanditswe: Tuesday 08, Aug 2023

featured-image

Mu rubanza rwabereye mu ruhame, ubushinjacyaha bwasabiye igifungo cy’imyaka ibiri n’ihazabu ya Miliyoni 2Frw umugabo ukurikiranyweho kwica abana 10 bidaturutse ku bushake ubwo yari abatwaye mu bwato mu mugezi wa Nyabarongo.

Urukiko rw’ibanze rwa Nyamabuye rwaburanishije mu ruhame Ndababonye Jean Pierre ushinjwa kuroha abana muri Nyabarongo.

Iki cyaha cyabaye tariki 17/07/2023 mu Mudugudu wa Cyarubambire Akagari ka Matyazo Umurenge wa Mushishiro,i Muhanga.

Ubushinjacyaha ku rwego rw’Ibanze ruvuga ko uyu mugabo akurikiranyweho icyaha kidaturutse ku bushake kandi na we acyemera.

Ruvuga ko yafashe icyemezo cyo guhamagara abo bana 13 atagishije inama ababyeyi babo abajyana mu kazi mu Karere ka Ngororero mu Murenge wa Ndaro.

Aba bana bageze mu mugezi baguyemo bituma 10 bahasiga ubuzima abandi 3 bararokoka.

Ubushinjacyaha buvuga ko bugendeye ku bimenyetso bwabonye n’abatangabuhamya bumusabira igifungo cy’imyaka 2 n’ihazabu y’amafaranga y’uRwanda agera kuri miliyoni 2.

Urukiko rwahaye ijambo Ndababonye kugira ngo agire icyo avuga ku byaha ashinjwa.

Ndababonye Jean Pierre avuga ko ibyo ashinjwa abyemera akanabisabira imbabazi. Ati: “Ndumva icyaha nakoze ngisabira Imbabazi.”

Ndababonye avuga ko Ubushinjacyaha bwamuha igihano gisubitswe.

Ubushinjacyaha buvuga ko igihano bwamusabiye kitagomba kuvanwaho. Urubanza ruzasomwa Taliki ya 15/Kanama/2023 saa cyenda.

Ibitekerezo

  • Ariko umuntu yishe abantu nkabo agafurwa imwaka 2 gusa.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa