skol

Prince Kid agiye kongera kuburanishwa bushyashya mu mizi

Yanditswe: Friday 30, Jun 2023

featured-image

Isomwa ry’urubanza rwa Prince Kid ryasubitswe, hanzurwa ko iburanisha ryongera gutangira kubera amajwi mashya Ubushinjacyaha bwatanze, atarigeze aburanwaho mbere.

Mu gihe byari byitezwe ko Urukiko Rukuru rwa Kigali rusoma umwanzuro warwo ku bujurire bw’ubushinjacyaha mu rubanza rwa Ishimwe Kagame Dieudonné uzwi nka Prince Kid, umucamanza yabisubitse avuga ko hari ikimenyetso gishya.

Nyuma y’amasaha arenga abiri abantu barimo abanyamakuru benshi bategereje, umucamanza yinjiye yisegura avuga ko habayeho imanza nyinshi zigatuma atubahiriza isaha ya saa tanu yari yatangajwe.

Ishimwe wahoze ategura irushanwa rya Miss Rwanda n’abamwunganira ntibagaragaye mu rukiko mu gihe ubushinjacyaha bwo bwari buhagarariwe.

Mu Ukuboza(12) Ishimwe yagizwe umwere ku byaha byo gusambanya ku gahato bamwe mu bakobwa bitabiraga irushanwa yateguraga, ariko ubushinjacyaha bwajuririye icyo cyemezo, busaba ko afungwa imyaka 16.

Urukiko rukuru rwa Kigali rwari rwarashoje iburanisha ku bujurire bwatanzwe n’Ubushinjacyaha bunenga icyemezo cy’Urukiko Rwisumbuye rwagize umwere rukanarekura Ishimwe Dieudonné wateguraga irushanwa ry’ubwiza rya Miss Rwanda.

Ubushinjacyaha bwavugaga ko bubona ibyaha byo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato bamwe mu bakobwa bitabiraga ririya rushanwa bikwiye kumuhama.

Bukavuga ko Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwirengagije bimwe mu bimenyetso bwatanze. Uregwa ahakana ibyaha yarezwe.

Uyu munsi umucamanza yavuze ko hari ikimenyetso gishya cy’amajwi kandi impande zombi zigomba kubanza kukiburanaho mbere y’uko uru rukiko rufata umwanzuro.

Prince Kid yarekuwe mu Ukuboza(12) gushize, nyuma yaho yashakanye n’umwe mu batsindiye irushanwa rya Miss Rwanda.

Umucamanza yavuze ko iby’iki kimenyetso gishya bizumvwa tariki 14 z’ukwezi gutaha.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa