skol

Rashid yahakanye ibyaha byose arengwa anavuga ko yakorewe iyicarubozo ryo mu mutwe

Yanditswe: Wednesday 17, Nov 2021

featured-image

Umugabo uzwi uzwi kuri channel zinyuranye za YouTube no ku ye bwite Rashid TV aho yatangaga ibitekerezo bitavugwaho rumwe, yahakanye ibyaha bine aregwa birimo gutangaza ibihuha.

Abdou Rashid Hakuzimana wafunzwe mu mpera z’ukwezi gushize k’Ukwakira, yagejejwe imbere y’umucamanza aburana ku ifungwa cyangwa ifungurwa ry’agateganyo.

Hakuzimana, Aimable Karasira, Yvonne Idamange, Theoneste Nsengimana na Niyonsenga Dieudonne bafunzwe muri uyu mwaka, bose bazwi cyane kubera ibyo batangaza kuri YouTube.

Mu rukiko rw’ibanze rwa Nyarugenge, Ubushinjacyaha bwavuze ko aregwa guhakana jenoside, gupfobya jenoside, gukurura amacakuburi, no gutangaza ibihuha.

Ubushinjacyaha bwavuze ko ibyo byaha yabikoze mu bihe bitandukanye ku rubuga rwa YouTube rwitwa Umubavu TV - nyirarwo na we afunze ku bindi byaha bitandukanye - hamwe no ku rubuga rwe Rashid TV.

Rashid yavuze ko atemera ibyaha aregwa ariko ntiyabyisobanuraho kuko yavuze ko hari uburenganzira bwe butubahirijwe.

Yavuze ko atigeze ahabwa igihe cyo kwisobanura mu bushinjacyaha, ko no ku nyandiko aho yari gushyira ibisubizo bye harimo ubusa.

Ubushinjacyaha bwavuze ko yabajijwe akanga kuvuga kandi yari ari kumwe n’umwunganira mu mategeko.

Rashid Hakuzimana we yongeyeho ko yakorewe iyicarubozo ryo mu mutwe abwirwa amagambo amukomeretsa mu gihe cy’ibazwa, kandi ko bitemewe n’amategeko.

Umwunganizi we mu mategeko, Felix Rudakemwa, yabanje kwanga kugira icyo avuga kuko ngo uwo yunganira "agomba kubanza agasubizwa uburenganzira yambuwe mbere".

Uregwa yasabye kurekurwa agakurikiranwa adafunze, naho Ubushinjacyaha busaba urukiko ko akomeza gufungwa by’agateganyo.

Umucamanza yavuze ko ibyo byose azabisuzuma rimwe n’ibivugwa n’Ubushinjacyaha agatanga umwanzuro w’urukiko ku ifungwa cyangwa ifungurwa ry’agateganyo tariki 22 z’uku kwezi k’Ugushyingo.

BBC

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa