skol

RIB yatangaje ko wa mwana Ganza Layan wapfuye urupfu rw’amayobera yishwe

Yanditswe: Thursday 29, Aug 2024

featured-image

Taliki ya 18/8/2024, nibwo hamenyekanye urupfu rw’ umwana w’imyaka 8 witwa Ganza Layan wapfuye urupfu rw’amayobera ,arinda shyingurwa tariki ya 26/8/2024 icyamwishe kitaramenyekana.

Icyo gihe RIB yavuze ko iri gukora iperereza kucyaba cyarabaye intandaro y’urupfu rwe, n’ubwo imiryango y’uyu nyakwigendera yakomezaga gushinjanya hagati yayo bagerekana ho urupfu rwe.

Amakuru Umuryango wamenye ukesha urwego rw’Igihugu rw’ubugenzacyaha RIB, n’uko nyakwigendera Ganza Layan byamaze kumenyekana ko yishwe.

Mukiganiro umunyamakuru w’Umuryango yagiranye n’Umuvugizi w’Urwego rw’Ubugenzacyaha RIB_Dr Murangira cyerekeye kumenya aho iperereza rigeze ku cyateye urupfu rwa Ganza Rayane; Dr. Murangira B. Thierry yatangaje ko raporo yavuye muri Laboratwari y’u Rwanda y’Ibimenyetso bya Gihanga bikoreshwa mu Butabera (Rwanda Forensic Institute RFI) igaragaza ko Ganza Rayane w’imyaka 8 yapfuye yishwe.

Ganza Rayane yapfuye taliki 18/08/2024 aguye mu rugo Nyina yashatsemo mu Murenge wa Kigali nk’ahazwi nka Norvege aho yabazanye kuba nyuma yo guhagarika kubana na Se ubyara Ganza na Mukuru we uri mu kigero cy’imyaka igera muri 12!

Icyo gihe, Umugabo wa nyina, Dr. Pascal Ngiruwonsanga yavugaga ko Ganza yiyahuye aza gutabwa muri yombi ngo hakorwe iperereza!

Nyuma y’uko raporo ya RFL igaragaje ko Ganza yishwe, Umuvugizi wa RIB avuga ko Dosiye ya Dr. Ngiruwonsanga Pascal w’imyaka 38 bayohereje mu Bushinjacyaha tariki 23 Kanama 2024 akekwaho kugira uruhare mu rupfu rwa Ganza.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa