
Ubushinjacyaha bwasabye ko urubanza rwa Bishop Gafaranga rubera mu muhezo kuko byasabwe n’uwahohotewe [Annet Murava], ndetse Urukiko rw’Ibanze rwa Nyamata ruhita rubyemeza.
Iburanisha ryabaye ku wa 22 Gicurasi 2025, mu Rukiko rw’Ibanze rwa Nyamata.
Uhagarariye Ubushinjacyaha yavuze ko ari urubanza rw’umuryango kandi ko ibivugirwamo bishobora kubangamira imico mbonezabupfura, kubangamira uwahohotewe ndetse n’abana.
Bishop Gafaranga ahawe umwanya, yashimangiye ko ubwo busabe by’Ubushinjacyaha ari ikintu cyiza cyafasha mu gusigasira umuryango.
Umunyamategeko we yavuze ko na bo bari gusaba kuburanira mu muhezo ku bw’inyungu z’umuryango.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *