skol
fortebet

Urubanza rwa Bishop Gafaranga rwashyizwe mu muhezo

Yanditswe: Thursday 22, May 2025

featured-image

Sponsored Ad

Ubushinjacyaha bwasabye ko urubanza rwa Bishop Gafaranga rubera mu muhezo kuko byasabwe n’uwahohotewe [Annet Murava], ndetse Urukiko rw’Ibanze rwa Nyamata ruhita rubyemeza.

Sponsored Ad

Iburanisha ryabaye ku wa 22 Gicurasi 2025, mu Rukiko rw’Ibanze rwa Nyamata.

Uhagarariye Ubushinjacyaha yavuze ko ari urubanza rw’umuryango kandi ko ibivugirwamo bishobora kubangamira imico mbonezabupfura, kubangamira uwahohotewe ndetse n’abana.

Bishop Gafaranga ahawe umwanya, yashimangiye ko ubwo busabe by’Ubushinjacyaha ari ikintu cyiza cyafasha mu gusigasira umuryango.

Umunyamategeko we yavuze ko na bo bari gusaba kuburanira mu muhezo ku bw’inyungu z’umuryango.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa