skol

Urubanza rwa Prince Kid rwasubitswe by’igihe gito birangira rushyizwe mu muhezo

Yanditswe: Wednesday 05, Oct 2022

featured-image

Ishimwe Dieudonne uzwi nka Prince Kid, yagejejwe imbere y’Urukiko kugira ngo aburane mu mizi,ku byaha ashinjwa birimo ibijyanye n’ishimishamubiri.
Prince Kid yabwiye urukiko ko atiteguye guhita aburana kuko umwe mu banyamategeko be ataraboneka.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 05 Ukwakira 2022, Prince Kid yari ageze ku cyicaro cy’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge ruri i Nyamirambo.
Yari yambaye impuzankano y’abagororwa n’inkweto z’umweru n’amasogizi yumweru, n’agapfukamunwa (…)

Ishimwe Dieudonne uzwi nka Prince Kid, yagejejwe imbere y’Urukiko kugira ngo aburane mu mizi,ku byaha ashinjwa birimo ibijyanye n’ishimishamubiri.

Prince Kid yabwiye urukiko ko atiteguye guhita aburana kuko umwe mu banyamategeko be ataraboneka.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 05 Ukwakira 2022, Prince Kid yari ageze ku cyicaro cy’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge ruri i Nyamirambo.

Yari yambaye impuzankano y’abagororwa n’inkweto z’umweru n’amasogizi yumweru, n’agapfukamunwa ahetse agakapu k’umukara mu mugongo

Saa mbiri zirengaho iminota mike,nibwo imodoka itwara imfungwa n’abagororwa, yari igeze ku rukiko irimo Prince Kid,yinjira mu cyumba cy’urukiko aramutsa abantu abapepera.

Uruhande rw’uregwa, rwabwiye Urukiko ko batiteguye kuburana kuko umwe mu banyamategeko bamwunganira ari we Me Kayijuka atari yakahageze.

Ishimwe Dieudonne uwe yabwiye Urukiko ko yumva ataburana abanyametegeko be bose batari kumwe.

Umucamanza yahaye amahitamo uruhande rw’uregwa niba rwategereza uwo munyamategeko akaba yabonetse cyangwa urubanza rukaba rwasubikwa rukimurirwa ku yindi tariki.

Nyuma y’impaka kuri iyi nzitizi, Urukiko rwanzuye ko uru rubanza rwimurirwa saa yine zuzuye (10:00’).

Urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge rwongeye kugaruka rutegeka ko urubanza rwa Prince Kid rubera mu muhezo.

Kid ashinjwa ibyaha birimo gusaba cyangwa gukoresha ishimishamubiri rishingiye ku gitsina no guhoza undi ku nkeke bifitanye isano n’imibonano mpuzabitsina.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa