skol

Urukiko rwasubitse isomwa ry’ubujurire bwa Bamporiki

Yanditswe: Monday 16, Jan 2023

featured-image

Isomwa ry’Urubanza ruregwamo BAMPORIKI Edouard wahoze ari Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco ukurikiranyweho ibyaha bifitanye isano no kwakira indonke rwasubitswe rwimurirwa tariki 23 Mutarama 2023.
Itanganzwa ry’umwanzuro kuri uru rubanza mu rukiko rukuru ryari riteganyijwe ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki ya 16 Mutarama 2023 ariko rwaje gusubikwa rwimurirwa ku 23 Mutarama 23
Umuvugizi w’Inkiko Mutabazi Harrison yabwiye IGIHE dukesha iyi nkuru ko uru (…)

Isomwa ry’Urubanza ruregwamo BAMPORIKI Edouard wahoze ari Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco ukurikiranyweho ibyaha bifitanye isano no kwakira indonke rwasubitswe rwimurirwa tariki 23 Mutarama 2023.

Itanganzwa ry’umwanzuro kuri uru rubanza mu rukiko rukuru ryari riteganyijwe ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki ya 16 Mutarama 2023 ariko rwaje gusubikwa rwimurirwa ku 23 Mutarama 23

Umuvugizi w’Inkiko Mutabazi Harrison yabwiye IGIHE dukesha iyi nkuru ko uru rubanza rwasubitswe kubera ko urukiko rutararangiza kurusesengura.

Yagize ati “Hari igihe biterwa n’ingano yarwo, aba ari byinshi cyane bigomba gusesengurwa. Hari igihe umwanya baba bafite uba udahagije kandi ni ibintu biteganywa n’amategeko, avuga ko niba mutararurangiza murusubika hagasobanurwa impamvu hanyuma mugatenganya indi tariki.”

Isomwa ry’uru rubanza ryahise ryimurirwa ku wa Mbere w’icyumweru gitaha tariki ya 23 Mutarama 2023 saa munani.

Bamporiki yahamijwe ibyaha birimo kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya no gukoresha mu nyungu ze bwite ububasha ahabwa n’itegeko, hashingiwe ku mafaranga yahawe n’umushoramari Gatera Norbert.

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwamukatiye gufungwa imyaka ine no gutanga ihazabu ya miliyoni 60 Frw ariko ahita ajuririra iki gihano.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa