skol

Urukiko rwemeje ko ushinjwa kwiba Telefoni ya The Ben afungwa iminsi 30

Yanditswe: Monday 23, Oct 2023

featured-image

Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge, rwemeje ko Ndagijimana Eric uzwi nka X-Dealer ukekwaho kwiba telefone ya The Ben afungwa iminsi 30 y’agateganyo.

Ni umwanzuro wasomwe kuri uyu wa 23 Ukwakira 2023, icyakora ntabwo higeze hasomwa ibijyanye n’uko iburanisha ryagenze, umucamanza yavuze ko biri bushyirwe mu ikoranabuhanga ry’inkiko ababuranyi bakabisangamo.

Tariki 20 Ukwakira 2023, Ndagijimana yari yaburanye ahakana icyaha anavugaga ko nta gihanga yafatanywe.

Ku rundi ruhande, hari abamushinjaga barimo uwo yashyiriye iyi telefone ngo amukuriremo ’code’ ndetse n’undi wamushinjaga ko bateguranye umugambi wo kuyiba.

Telefone ya The Ben yibwe ku wa 30 Nzeri 2023 i Burundi aho yari afite ibitaramo.

IVOMO:IGIHE

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa