Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare (NISR) cyagaragaje ko umubare w’abana bapfa bataravuka wagabanyutse ugera ku 7.140 mu 2024 uvuye kuri 7.233 wariho mu 2023.
Ni imibare ikubiye muri raporo izwi nka ‘Rwanda Statistical Yearbook’ yasohowe na NISR ku wa 31 Ukuboza 2025.
Abana bapfuye bataravuka babarwa iyo apfuye inda umugore atwite yararengeje ibyumweru 20 ariko mbere yo kuvuka.
Abana bavutse mu 2023 bari 344.574 gusa mu mwaka wakuriyeho wa 2024 bageze ku 340.669.
Bigaragara ko abana bavuka bafite ibilo bike cyangwa ibilo biri munsi ya bibiri n’inusu bakomeje kubarirwa mu bihumbi 27 mu 2024 ari na ko banganaga ku 2023.
Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare igaragaza ko abana bari munsi y’imyaka itanu bapfuye mu 2024 bageraga ku 4.052 bavuye ku 4.129 mu 2023. Ni mu gihe abana bafite imyaka iri hejuru y’itanu bapfuye bavuye ku 8.025 mu 2023 bagera ku 8.516 mu 2024.
Ubushakashatsi bwa karindwi ku bwiyongere n’ubuzima bw’abaturage (DHS 7) bwasohotse mu 2025, bwagaragaje ko umubare w’abana bapfa bavuka wageze ku mpuzandengo ya 17 ku 1000 zavutse, uvuye kuri 19 ku 1000 wariho mu 2020.
Ni mu gihe ababyeyi bapfa babyara babarirwa ku 149 ku bihumbi 100, bavuye kuri 203 ku babyeyi ibihumbi 100 babyaye bariho mu 2020.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *