Kuri uyu wa Mbere, habonetse abarwayi bashya 62 ba COVID-19 mu Rwanda, mu gihe hakize abantu 2.
Uyu munsi ubaye uwa 5 nta muntu mushya ubikwa ko yatwawe ubuzima n’iki cyorezo.
Abarwayi bakirimo kwitabwaho n’abaganga ni 1,221 muri bo ntawurembye ubarimo.
Ubushakashatsi bwakorewe mu turere dutatu tw’u Rwanda, ari two Rwamagana, Kayonza na Gasabo, bwagaragaje ko abaganga 73.7% ari bo bafite ubumenyi bukwiye kuri COVID-19 ( ku kigero kiri hejuru ya 80%).
Ubwo bushakashatsi bwiswe (…)
Kuri uyu wa Mbere, habonetse abarwayi bashya 62 ba COVID-19 mu Rwanda, mu gihe hakize abantu 2.
Uyu munsi ubaye uwa 5 nta muntu mushya ubikwa ko yatwawe ubuzima n’iki cyorezo.
Abarwayi bakirimo kwitabwaho n’abaganga ni 1,221 muri bo ntawurembye ubarimo.
Ubushakashatsi bwakorewe mu turere dutatu tw’u Rwanda, ari two Rwamagana, Kayonza na Gasabo, bwagaragaje ko abaganga 73.7% ari bo bafite ubumenyi bukwiye kuri COVID-19 ( ku kigero kiri hejuru ya 80%).
Ubwo bushakashatsi bwiswe “Ingaruka za COVID-19 kuri Gahunda zo kurwanya Malariya mu Rwanda: Isesengura ryihuse ku bumenyi, imyitwarire n’imyumvire kuri COVID-19, n’imiterere y’imitangire ya serivisi zo kuvura Malariya mu turere dutatu tw’u Rwanda.”
Ubwo bushakashatsi bwibanze kuri utwo turere dutatu kuko tubimburira uturere 10 twikoreye umutwaro uremereye wa Malariya kurusha utundi mu Rwanda, bukaba bwari bugamije kureba uburyo COVID-19 ikoma mu nkokora imitangire ya serivisi zigamije kurandura burundu Malariya, bikajyana no kugenzura ubumenyi bw’abatanga izo serivisi kuri COVID-19.
Habajijwe abatanga serivisi z’ubuzima batoranyijwe mu bitaro byose bibarizwa muri utwo turere, hatoranywa abaganga mu bigo nderabuzima mu buryo bwo gutomboza. Muri Kayonza habajijwe abaganga 12, i Rwamagana habazwa 11 mu gihe mu Karere ka Gasabo habajijwe 13.
Muri buri vuriro n’aho rikorera habazwaga abatanga serivisi z’ubuzima bahari bujuje ibisabwa n’ubushakashatsi ndetse n’Abajyanama b’Ubuzima 13 bafashwe mu buryo bwa tombola.
Abaganga babajijwe bose bazi ko gukaraba intoki n’amazi meza n’isabune bikumira gukwirakwiza COVID-19, bazi ko umuriro no guhumeka nabi ari ibimenyetso bya COVID-19. ababarirwa muri 44% bagaragaje ko iyo babonye umurwayi wa COVID-19 imiti ya “antibiotiques” ari yo bahita betekereza kumuha nubwo itagira icyo ikora kuri virusi nk’uko bigaragazwa n’impuguke mu by’ubuzima.
Ubushakashatsi bushimangira ko aho abaganga bakura amakuru hagira uruhare rukomeye ku bumenyi bafite kuri COVID-19. Abakura amakuru mu bagize umuryango, inshuti n’ibitangazamakuru ngo baba bafite ibyago byinshi byo kutabona ubumenyi bukwiye ugereranyije n’abakura amakuru ku mbuga nkoranyambaga z’ibigo byizewe.
Ku bijyanye n’imyitwarire, 89% by’abaganga bavuze ko amavuriro bakoramo abagenera amakuru ahagije, 93% bemeza ko imiryango yabo ishyigikira umurimo bakora ikanabashishikariza kudacika intege, ndetse 98% bagaragaza ko bashyigikiye gahunda Leta yashyiriyeho kwirinda ikwirakwizwa ry’icyo cyorezo.
Abaganga barenga 97% bakomeje gusuzuma no kuvura Malariya, mu gihe 38.59% bakomeje ubukangurambaga mu miryango mu bihe bya COVID-19. Gusa abahagaritse gutanga serivisi bemeza ko impamvu ntaho zihuriye na COVID-19 uretse izijyanye n’ubukangurambaga aho 88.5% baburetse kubera icyo cyorezo.
Bavuga ko nubwo abenshi muri bo bakomeje gutanga serivisi batangaga na mbere ya COVID-19, benshi muri bo bagaragaje ko babaga bafite impungenge zo kwandura. Abaganga 7% ni bo bonyine bagaragaje ko batigeze bagira impungenge zo kwandura mu gihe batanga serivisi.
Ku Bajyanama b’Ubuzima, ababarirwa muri 56.51% ni bo bagaragaje ko bafite ubumenyi bwizewe kandi buhagije kuri COVID-19. Abenshi muri bo bazi neza ko gukaraba intoki n’amazi meza n’isabune bifasha mu kwirinda kuyikwirakwiza, bazi ko kugira umuriro ari kimwe mu bimenyetso byayo ndetse ko n’ahantu handujwe n’uyirwaye hagira uruhare mu kuyikwirakwiza.
Ababarirwa hejuru ya 70% bazi ko imiti y’antibiotiques yifashishwa mu kuvura COVID-19. Ku bijyanye n’imyitwarire, abenshi muri bo bashyigikiye ingamba Leta y’u Rwanda ishyiriraho kwirinda ikwirakwizwa ryacyo, bakanemeza ko bahabwa amakuru ahagije kuri COVID-19.
Abenshi muri bo bemeza ko imiryango yabo yabashyigikiye ubwo bakomezga gukora mu gihe cya Guma Mu Rugo, nubwo babaga banafite ubwoba ko bashobora kwandura bitewe n’imiterere y’inshingano zabo. Umubare munini muri bo wahagaritse ubukangurambaga bwo kwirinda indwara kubera COVID-19.
Muri rusange, ubushakashatsi bwagaragaje ko mu turere dutatu twakorewemo imibare y’abavuwe Malariya itahindutse cyane ndetse ko abenshi bavuwe n’Abajyanama b’Ubuzima. Gusa byagaragaye ko abasuzumwe Malariya n’Abajyanama b’Ubuzima biyongereye cyane ugereranyije n’abasuzumiwe mu mavuriro.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *