Raporo y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare ‘NISR’ igaragaza ko abantu 42.103 banduye indwara y’igituntu mu myaka irindwi ishize.
Igituntu ni indwara yandurira mu myanya y’ubuhumekero aho iterwa na virusi zitandukanye, uyifite uyanduza abantu iyo akorora, igihe acira n’igihe yitsamura.
Muri icyo gihe cyose aba yohereza udukoko tw’igituntu mu mwuka aba ahumeka, ari yo mpamvu aba yakwanduza abantu babana, abo bakorana cyangwa abo bamarana umwanya munini.
Iyi mibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare ‘NISR’ igaragaza ko mu myaka irindwi ishize, igaragaza ko uko imyaka yagiye ihita ariko imibare y’abarwara igituntu yiyongeraga.
Ni ukuvuga ngo mu 2019 abarwayi b’igituntu bageraga ku 5.950, mu 2020 bageze ku 5.592, mu 2021 bagera ku 5.283 gusa umwaka wakuriyeho wo mu 2022 imibare yariyongereye igera ku 7.125, mu 2023 yahise itumbagira igera ku 9.512, mu 2024 imibare y’abarwaye iyi ndwara igabanyukaho igera ku 8.641.
Iyi raporo igaragaza ko muri iyi myaka irindwi mu barwayi bari barwaye iyi ndwara 339 muri bo bari barwaye igituntu cy’igikatu abandi bagera ku 5807 bo bari barwaye n’indwara ya Virusi itera Sida.
Iyi mibare igaragaza ko harimo n’abarwaye indwara y’igituntu bakayikira ariko ntibayikire neza kubera kudafata imiti neza bagera kuri 660 mu myaka irindwi ishize.
Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare ‘NISR’ kigaragaza ko uko imyaka igenda ishira indi igataha impfu z’igituntu zigenda zigabanyuka, gusa nubwo bimeze gutyo haracyagaragara abicwa n’iyi ndwara.
Mu 2019 abishwe n’iyi ndwara bari 6,1% by’abayandura, mu 2020 bagera kuri 6,4%, mu 2021 iyo mibare yageze kuri 7,9%, mu 2022 iragabanyuka cyane igera kuri 5,7%, mu 2023 igera kuri 4,8%, mu 2024 igera kuri 4,5%.
Mu kugabanya abandura igituntu, Ishami rishinzwe kurwanya igituntu muri RBC rifite imashini zibasha kureba mu bihaha by’umuntu, ‘chest X-Ray machine’ zikoreshwa cyane ku bantu bafite agakoko gatera SIDA aho zibasha kureba n’igituntu cyaba cyihishe mu mibiri, nka kimwe mu bifasha kugabanya abanduza abandi batazi ko barwaye.
Hari kandi n’imashini 69 zitwa GeneXpert mu bitaro biri hirya no hino mu gihugu, zibasha gupima igituntu no kureba niba imiti isanzwe ikivura iri gukora akazi kayo, kuko bishobora kubaho ko agakoko kayitera karusha imiti imbaraga.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *