skol

Bobi Wine yaciwe akayabo k’imisoro kubera imodoka idatoborwa n’amasasu yaguze

Yanditswe: Friday 23, Apr 2021

Umuhanzi akaba n’umunyapolitiki Robert Kyagulanyi uzwi cyane nka Bobi Wine yasabwe kwishyura umusoro w’amashilingi ya Uganda angana na miliyoni 337,698,776 kubera imodoka ye idatoborwa n’amasasu aherutse.

Uyu muhanzi akomeje kugira ibibazo nyuma yo guhangana bikomeye na Perezida Museveni kuko uretse gucibwa izi miliyoni zirenga 300 z’amashilingi zingana n’ibihumbi 93 by’amadolari.

Ikigo cya Uganda Revenue Authority (URA) cyandikiye ibaruwa ishyaka NUP rya Bobi Wine, kimumenyesha ko nyuma yo kongera gusuzuma basanze imodoka ye ari imodoka itinjirwa n’amasasu aho bo bayifataga nk’imodoka isanzwe bakayishyuza imisoro mike bityo agomba kuyongera.

Iyi baruwa yasinyweho na Mr Abel Kagumire kuwa 22 Mata 2021 akaba komiseri muri URA, iragira iti”Hakurikijwe isuzumwa ryongeye gukorwa ku modoka Toyota Land Criser V8 Reg. UBJ667 F, byemejwe ko ifite ubwirinzi. Bigaragaza ko ubwirinzi bwayo(ballistic protection) ari 90mm na 6mm.”

URA yavuze ko iyi modoka yaguzwe akayabo k’ibihumbi $166,700 angana na amashilingi ya Uganda miliyoni 600 bityo agomba kongera umusoro.Imodoka isanzwe yo muri ubu bwoko igura miliyoni 157 z’amashilingi ya Uganda.

Bobi Wine yari yanze gusubiza iyo modoka ye kugira ngo yongere gusuzumwa aho yavuze ko kuyitumiza bitari bikurikije amategeko.

Kyagulanyi yashingiraga ku itegeko rivuga ko nta bubasha icyo kigo gifite bwo kongera gusuzuma ikintu cyaciye mu bubiko bwacyo kigasuzumwa kikanasora.

Iyi modoka yinjijwe mu gihugu uyu mwaka ariko umwaka ushize yari ibaruye muri Kenya, nyuma yinjizwa muri Uganda iciye ku mupaka wa Busia.

Bobi Wine yatsinzwe amatora ya perezida aheruka, amatora yavuzwe ko yaranzwe n’uburiganya n’urugomo rurimo kwica abo ku ruhande rw’ishyaka rye.

Mu butumwa yatanze ku mbuga nkoranyambaga tariki 21 z’ukwezi kwa kabiri, Bobi Wine yavuze ko iyo Toyota Land Cruiser y’umutamenwa yayihawe nk’impano n’inshuti ze zimushyigikiye zo muri Uganda no mu mahanga.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa