Indwara zitandura zagabanutse ku kigero kikubye inshuro zirenga eshatu
Yanditswe: Thursday 26, Mar 2026
Minisitiri w’Intebe Augustin Nsengiyumva yagaragaje ko u Rwanda rumaze kwiyubaka mu kurwanya indwara zitandura, ku buryo mu myaka isaga itanu izi ndwara zagabanutse inshuro zirenga eshatu.
Mu cyiciro cy’umuvuduko w’amaraso ukabije, imibare igaragaza ko abarwaye iyi ndwara bavuye ku 58,194 mu mwaka wa 2019 bagera ku 134,823 mu 2025. Ibi bisobanura ko mu gihe cy’imyaka mike gusa, abarwayi barenga kabiri biyongereye, bigaragaza impamvu hakenewe ingamba zihamye zo kuyirinda no kuyivura hakiri kare.
Ku rundi ruhande, diyabete nayo iri mu ndwara ziri kuzamuka cyane. Abayirwaye bavuye ku 11,891 mu 2019 bagera ku 21,164 mu 2025. By’umwihariko, ifoto igaragaza ko “1 kuri 2” by’abafite diyabete batazi ko bayirwaye, bikaba ikibazo gikomeye kuko bituma benshi bayivuriza igihe yaramaze gukomera.
Ku bijyanye na kanseri, imibare igaragaza ko abayirwaye bavuye ku 2,745 mu 2017 bagera ku 6,896 mu 2025. Ibi bigaragaza izamuka rikomeye, n’ubwo hari ingamba zigamije kuyikumira, zirimo gahunda yo kuyisuzuma hakiri kare no kuyivura. Intego ni uko mu 2027, 90% by’abangavu bazaba bakingiwe, 70% by’abagore bafite imyaka 30–49 basuzumwe, ndetse 90% by’abarwaye bakabona ubuvuzi.
Indwara zo mu mutwe nazo ziri mu ziyongera, aho abarwayi bavuye ku 35,000 mu 2017 bagera ku 50,000 mu 2025. Ibi byerekana ko ubuzima bwo mu mutwe bukwiye kwitabwaho cyane nk’izindi ndwara zose.
Muri rusange, indwara zitandura ziri kwiyongera ku buryo bugaragara mu Rwanda. Ibi bisaba kongera imbaraga mu bukangurambaga, kwisuzumisha hakiri kare, guhindura imibereho n’imirire, no kongera serivisi z’ubuvuzi, kugira ngo izi ndwara zigabanyuke mbere y’uko ziba ikibazo gikomeye kurushaho ku buzima rusange bw’Abanyarwandaa
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *