skol
fortebet

MINISANTE yatangaje ko nta murwayi wa Ebola uragaragara mu Rwanda

author-image

Yanditswe na: Angeline MUKANGENZI
Kuwa: Sunday 24, May 2026

MINISANTE yatangaje ko nta murwayi wa Ebola uragaragara mu Rwanda

Sponsored Ad

skol

Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko kugeza ubu nta murwayi w’icyorezo cya Ebola uragaragara mu Rwanda, ishimangira ko ariko ikomeje gukurikiranira hafi amakuru y’abava muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na Uganda, aho cyagaragaye.

Amakuru y’uko icyorezo cya Ebola gihagaze yagarutsweho n’Umunyamabanga wa Leta muri MINISANTE, Dr. Yvan Butera mu kiganiro yagiranye na RBA.

Dr. Butera yavuze ko nubwo Ebola ikomeje kuzahaza Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ndetse ikaba yaragaragaye no muri Uganda, mu Rwanda nta murwayi wayo urahaboneka.

Ati “Muri uku kwezi kwa Gicurasi muri kano karere dutuyemo hagaragaye icyorezo cya Ebola, kikaba cyaragaragaye mu Ntara ya Ituri muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Icyorezo cya Ebola ntabwo aribwo bwa mbere kigaragaye mu karere no mu yindi myaka cyagiye kigaragara.”

“Uyu mwaka rero gifite uko gihagaze aho cyagaragaye muri RDC ariko kugeza ubu no mu gihugu cya Uganda hakaba hari abantu batanu bagaragaye bacyanduye. Mu Rwanda rero nta murwayi wa Ebola uhari, indwara ya Ebola ntabwo iri mu Rwanda, ariko iyo indwara nka Ebola ije mu Karere, biba ngombwa ko habaho ingamba z’ubwirinzi zamaze no gushyirwaho mu gihugu, ku mipaka igihugu gifite muri rusange.”

Mu ngamba u Rwanda rwafashe mu kwirinda iki cyorezo harimo gupima abinjira n’abasohoka bakoresheje imipaka itandukanye, gukurikirana amakuru yimbitse y’abinjiye mu gihugu, ndetse no kubuza abanyamahanga banyuze muri RDC mu gihe kitarenze iminsi 30, kwinjira mu Rwanda.

Ku Banyarwanda n’abanyamahanga bafite ibyangombwa bibemerera gutura mu Rwanda ariko baheruka muri RDC mu gihe kitarenze iminsi 30, bazajya bemererwa kwinjira mu gihugu ariko babanze gushyirwa mu kato.

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima (OMS) ryatangaje ko abo bikekwa ko banduye Ebola muri RDC barenze 750, mu gihe abo bikekwa ko bishwe n’iki cyorezo barenga 170.

Ebola ni indwara yica vuba kandi yandurira cyane mu gukora ku matembabuzi y’umuntu wanduye cyangwa wapfuye azize iyo ndwara.

Muri uyu mwaka, umurwayi wa mbere wa Ebola ya Bundibugyo yapfiriye muri Ituri tariki ya 24 Mata. Ibice byo muri iyi ntara birimo Mongbwalu, Rwampara na Bunia ni byo byugarijwe cyane n’iki cyorezo.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Muri bande?



Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa