skol
fortebet

Ubwisanzure bw’itangazamakuru mu Rwanda bwiyongereyeho 10%

Yanditswe: Tuesday 23, Nov 2021

featured-image

Sponsored Ad

Ikigo cya leta gishinzwe imiyoborere cyatangaje ko ubwisanzure bw’itangazamakuru buri kuri 93%, igipimo abanyamakuru bamwe mu Rwanda kitagaragaza ukuri.
Raporo ya ’Rwanda Media Barometer’ yatangajwe uyu munsi ivuga ko ubwisanzure bw’itangazamakuru buri kuri 93%, ubwo gutanga ibitekerezo kuri 86%, ubwigenge ku murongo w’amakuru kuri 87%, naho uburenganzira bwo kugera ku makuru kuri 94%.
Iyi raporo nshya y’u Rwanda, ubundi isohoka buri myaka ibiri, igaragaza ko kuri biriya bipimo bitatu gusa (...)

Sponsored Ad

Ikigo cya leta gishinzwe imiyoborere cyatangaje ko ubwisanzure bw’itangazamakuru buri kuri 93%, igipimo abanyamakuru bamwe mu Rwanda kitagaragaza ukuri.

Raporo ya ’Rwanda Media Barometer’ yatangajwe uyu munsi ivuga ko ubwisanzure bw’itangazamakuru buri kuri 93%, ubwo gutanga ibitekerezo kuri 86%, ubwigenge ku murongo w’amakuru kuri 87%, naho uburenganzira bwo kugera ku makuru kuri 94%.

Iyi raporo nshya y’u Rwanda, ubundi isohoka buri myaka ibiri, igaragaza ko kuri biriya bipimo bitatu gusa habayeho kuzamuka ku rugero rusange rugera ku 10% ugereranyije n’iheruka ya 2018 - uretse ku gipimo cy’ubwisanzure bwo gutanga ibitekerezo ubu cyagabanutseho 4%.

Kuba itangazamakuru ryo mu Rwanda rigena umurongo rikoreramo n’ibyo ritangaza kimwe no gufungura ibinyamakuru biri kuri 87,3%; itangazamakuru nk’umuyoboro ufasha mu miyoborere myiza na demokarasi biri kuri 85%; iterambere ry’itangazamakuru n’ubushobozi bwaryo mu bunyamwuga biri kuri 62,4% naho kugerwaho n’amakuru biri kuri 77,8%.

Icyiciro gifite amanota make muri byose kijyanye n’ubushobozi bw’itangazamakuru hamwe n’ubunyamwuga bw’abarikora.

Ubu bushakashatsi kuri iyi ngingo bwerekana ko ikigero cy’abanyamakuru babona amahugurwa mu mwuga kiri kuri 59,6%; uruhare rw’amahuriro y’abanyamakuru mu iterambere ry’uru rwego ruri kuri 67,8%.

Ni mu gihe kubahiriza amahame y’umwuga byo biri kuri 57,3%; imibereho y’abakora itangazamakuru iri kuri 74,3%; ukwigenzura kw’itangazamakuru ko kwagize 67,6%; ubushobozi mu bijyanye n’ibikoresho mu itangazamakuru buri kuri 52,9% mu gihe ubushobozi mu mikoro bwo buri kuri 57,6%.

Dr Usta Kayitesi, ukuriye Rwanda Governance Board ikora iyi raporo - ubu isohotse bwa kane - yavuze ko Rwanda Media Barometer "ari igipimo cyo kwisuzuma".

Raporo yo mu kwezi kwa kane ya World Press Freedom Index ku bwisanzure bw’itangazamakuru mu bihugu 180 ishyira u Rwanda ku mwanya wa 156, kimwe mu bihugu 130 ivuga ko itangazamakuru ’rikinizwe’.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa