skol
fortebet

Umuhanda Kigali-Musanze wongeye kuba nyabagendwa

Yanditswe: Friday 18, Feb 2022

featured-image

Sponsored Ad

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko umuhanda Kigali-Musanze wari wangijwe n’ibiza mu Karere ka Rulindo biturutse ku mvura nyinshi yaguye kuri uyu wa Kane, wongeye kuba nyabagendwa.
Mu itangazo yari yatanze mbere yasabaga abakoreshaga uyu muhanda kwitabaza ibindi byerekezo nka Kigali- Gicumbi- Base- Musanze cyangwa Muhanga-Ngororero-Mukamira hirindwa ko ubuzima bwabo bwajya mu kaga.
Amakuru ahari ni uko nyuma y’aho imvura yagabanyije ubukana n’ibikorwa byo gushaka inzira byari byatangijwe byatanze (...)

Sponsored Ad

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko umuhanda Kigali-Musanze wari wangijwe n’ibiza mu Karere ka Rulindo biturutse ku mvura nyinshi yaguye kuri uyu wa Kane, wongeye kuba nyabagendwa.

Mu itangazo yari yatanze mbere yasabaga abakoreshaga uyu muhanda kwitabaza ibindi byerekezo nka Kigali- Gicumbi- Base- Musanze cyangwa Muhanga-Ngororero-Mukamira hirindwa ko ubuzima bwabo bwajya mu kaga.

Amakuru ahari ni uko nyuma y’aho imvura yagabanyije ubukana n’ibikorwa byo gushaka inzira byari byatangijwe byatanze umusaruro watumye umuhanda wongera kuba nyabagendwa.

Polisi ibinyujije kuri Twitter yagize iti "Mwiriwe,#RwandaPolice irabamenyesha ko ubu umuhanda Kigali-Rulindo-Musanze ari nyabagendwa.Murakoze."

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa