skol
fortebet

Umujyi wa Kigali wakoze impinduka nshya mu koroshya ingendo zijya mu ntara

author-image

Yanditswe na: Dusingizimana Remy
Kuwa: Wednesday 27, Dec 2023

Umujyi wa Kigali wakoze impinduka nshya mu koroshya ingendo zijya mu ntara

Sponsored Ad

skol

Umujyi wa Kigali washyizeho ahantu hihariye hazategerwa imodoka n’abagenzi bagana mu ntara mu rwego rwo koroshya ingendo mu bihe by’iminsi mikuru.

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwatangaje ko tariki 30-31 Ukuboza mu 2023, abazatega imodoka ziberekeza mu Ntara y’Amajyepfo n’iy’Uburengerazuba mu turere twa Nyamasheke, Rusizi, Karongi, Ngororero na Rutsiro (unyuze i Karongi), bazazifatira kuri Kigali Pelé Stadium, aho kuba muri Gare ya Nyabugogo nk’uko byari bisanzwe.

Izi mpinduka kandi zireba aberekeza mu Ntara y’Iburasirazuba, banyuze mu nzira ica i Kabuga kuko bazafatira imodoka muri Gare ya Kabuga.

Abandi batarebwa n’iki cyemezo bazakomeza gufatira imodoka muri Gare ya Nyabugogo n’iy’i Nyanza (Kicukiro). Ni icyemezo kigamije koroshya ingendo mu bihe by’iminsi mikuru.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Muri bande?



Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa