
Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko kuri uyu wa Gatandatu, tariki 26 Ukwakira 2024 habonetse undi muntu mushya wanduye icyorezo cya Marburg.
MINISANTE, yagaragaje ko uyu muntu mushya wanduye, ari umwe mu bakurikiranwaga, bahuye n’uwari uherutse kwandura.
Kugeza ubu abarimo kuvurwa Marburg ni batatu, ndetse ntawapfuye, mu gihe uyu wanduye yabonetse mu bipimo 97 byafashwe.
Minisiteri y’Ubuzima kandi igaragaza ko abahawe inkingo uyu munsi ari 55, mu gihe inkingo zimaze gutangwa muri rusange ari 1465.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *